Beni: Inyeshyamba za ADF ziravugwaho kwica abasivili basaga 20

Sangiza iyi nkuru

Nibura abasivili 23 bishwe n’inyeshyamba za ADF muri Sheferi ya Bashu, muri Teritwari ya Beni (Kivu y’Amajyaruguru), mu ijoro ryo ku Cyumweru rishyira kuri uyu wa Mbere, itariki 23 Mutarama 2023 .

Nk’uko byatangajwe n’umudepite wo muri iyi ntara, Saidi Balikwisha, abateye bagose umudugudu wa Makungwe mu rukerera rwo ku Cyumweru, aho bivugwa ko biciye abasivili.

Ati: “I Makungwe, muri Sheferi ya Bashu habaye ubwicanyi bwakorewe abasivili. Kugeza ubu hapfuye byibuze 23. Ibi biracyari umubare w’agateganyo.”

Umuyobozi wa Teritwari ya Beni yavuganye na 7SUR7.CD yemeza aya makuru. Col. Omeonga Charles yagarukiye aho gusa, ariko, ntiyavuga byinshi ku mibare.

Ati: “Inzego z’umutekano zacu zamaze kuhagera kugira ngo zigarure ubuyobozi bwa Leta. Murabona ibisobanuro birambuye mu masaha make”.

Amakuru aturuka muri ako gace avuga ko ibikorwa by’ubukungu byahungabanye ahabereye ubu bwicanyi.

Uburasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo bukomeje guhura n’urugomo n’ubwicanyi mu gihe muri iyi ntara hari Ingabo za FARDC zifatanya n’iza Uganda mu bikorwa byo kurwanya uyu mutwe w’iterabwoba.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *