Abantu 12 bishwe ku wa Kane tariki ya 6 Ukuboza 2018, n’ inyeshyamba za ADF zikomoka muri Uganda zikaba zikorera ibikorwa bya kinyeshyamba muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.
Aba baturage biciwe mu gace ka Mayangose, kari mu Burasirazuba bw’umujyi wa Beni, mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru, ngo bakaba bicishijwe imihoro ahagana saa moya z’igitondo, ku isaha yaho.
Nk’uko bitangazwa na Meya wa Beni, Nyonyi Bwanakawa, ubwo ingabo za Leta (FARDC) zageragezaga gushaka gutoragura imirambo y’abishwe, ngo zabujijwe n’igitero izi nyeshyamba zazigabyeho, zibasha kuhavana ibiri yonyine.
Nk’uko ikinyamakuru ActualiteCD, kibitangaza, Meya yagize ati “Kugera ku isaha ya saa cyenda (15:00) zo kuri uyu wa Kane, hari abandi bantu 12 bishwe, imirambo ibiri yagejejwe mu buruhukiro,…”.
Ubu bwicanyi bubaye nyuma y’iminsi mike FARDC itangaje ko yambuye izi nyeshyamba agace ka Kididiwe kari muri Mayangose.
Ku wa 13 Ugushyingo 2018, FARDC ifatanyije n’ingabo za Monusco zishyize imbaraga hamwe, nibwo zatangiye kugaba ibitero simusiga bise ‘Usalama’ kuri izi nyeshyamba za ADF zishinjwa kwica abasivile babarirwa mu bihumbi kuva mu 2016.


