Kuri uyu wa Kane, itariki 14 Ukwakira hahishuwe ko uwahoze ari perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Bill Clinton, w’imyaka 75 yajyanwe mu bitaro afite ubwandu (infection), ariko budafitanye isano na coronavirus nk’uko umuvugizi we yabitangaje.
Abaganga bavuze ko Clinton yari arimo aramera neza muri ibi bitaro bya i Irvine, muri California.
Umuvugizi w’uwahoze ari perezida, Angel Urena, yanditse ku rubuga rwa Twitter ati: “Ku mugoroba wo ku wa kabiri, Perezida Clinton yinjiye mu kigo cy’ubuvuzi cya UCI kugira ngo avurwe infection itaratewe na Covid.”
“Arimo koroherwa, ameze neza, kandi ashimira byimazeyo abaganga, abaforomo n’abakozi bamuha ubuvuzi buhebuje.”
Abaganga bo mu Kigo cy’Ubuvuzi cya Irvine cya Kaminuza ya California bemeje ko bakiriye Clinton muri iki kigo nk’uko byatangajwe na AFP.
Itangazo ryashyizwe ahagaragara kuri uyu wa kane ryavuze ko “Aguma mu bitaro kugira ngo akurikiranwe neza. Nyuma y’iminsi ibiri avurwa,”.
Bivugwa ko tumwe mu tunyangingo tw’amaraso dutanga ubwirinzi tuzwi nka ‘globule blanc’ twagendaga tugabanuka ariko arimo gufata neza antibiyotike.


