Perezida wa Philippines, Rodrigo Duterte, yatangaje ko ataziyamamariza kuba visi perezida mu matora y’umwaka utaha kandi ko azasezera muri politiki nyuma ya manda ye.
Kuri uyu wa Gatandatu, itariki 02 Ukwakira 2021, nibwo Duterte yatangaje iki cyemezo gitunguranye nyuma yo guherekeza uwahoze ari umujyanama we wa hafi umaze igihe kinini, Senateri Bong Go, ahubwo watanze kandidatire ye ku mwanya wa visi perezida muri komisiyo ishinzwe amatora.
Abaperezida ba Philippines bemererwa gusa n’itegeko nshinga manda imwe y’imyaka itandatu kandi abatavuga rumwe n’ubutegetsi bari bavuze ko bazabaza niba amategeko yemerera Duterte kuba visi perezida mu rukiko rw’ikirenga.
Nyuma gato yo kubitangaza, Duterte yatangaje ko umukobwa we Sara Duterte-Carpio aziyamamazanya na Go.
Yabajijwe n’umunyamakuru ati: “Noneho biragaragara ko ari, Sara-Go?”
Duterte amusubiza ati: “Ni Sara-Go.”
Duterte-Carpio wasimbuye se nka Meya w’akarere ka Davao (ubu akaba agiye no guhatanira kumusimbura nka perezida) yari yavuze mu kwezi gushize ko atazahatanira umwanya wo hejuru mu matora yo mu mwaka utaha kuko we na se bari bemeranije ko umwe gusa muri bo ari we uziyamamariza umwe mu myanya yo hejuru mu gihugu mu matora yo muri 2022.
Abajijwe kwemeza ibyo perezida yavuze, umuvugizi wa Duterte-Carpio, Meya, Christina Garcia Frasco, yatangarije ibiro ntaramakuru Reuters ko ibyo azi nawe ari ibyavuzwe mu binyamakuru nta kintu afite cyo kubivugaho.


