Umunyapolitiki mushya muri politiki ya Uganda ariko uhangayikishije ubutegetsi bw’ishyaka NRM, Robert Kyagulanyi, uzwi ku mazina y’ubuhanzi ya Bobi Wine, kuri uyu wa Gatatu, itariki 24 Nyakanga yatangaje ku mugaragaro ko azahatana na Perezida Museveni mu matora y’umukuru w’igihugu yo mu 2021.
Depite, Kyagulanyi yagize ati: “Mu izina ry’abaturage ba Uganda, nzahangana nawe (Museveni) mu matora yisanzuye kandi anyuze mu kuri mu 2021,”
Bobi Wine yatangarije ibi mu gikorwa cyateguriwe muri Kampala, aho yari yambaye karuvati itukura n’ingofero itukura imeze nk’iya gisirikare avuga ko ari ikimenyetso cyo gushikama bagahangana.
Bobi Wine w’imyaka 36, yinjiye mu nteko ishinga Amategeko ya Uganda mu 2017, ahita azamuka amenyekanaho kunenga cyane ubutegetsi bwa Perezida Museveni w’imyaka 74 wifuza manda ya gatandatu nk’uko tubikesha The East African.


