Boris Johnson agiye kwegura bitewe n’igitutu cyinshi

Sangiza iyi nkuru

Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza, Boris Johnson, ukomeje gushyirwaho igitutu n’abayobozi bakomeye bo mu ishyaka riri ku butegetsi, Conservative, ari mu nzira yo kwegura.

Ibinyamakuru byo mu Bwongereza birimo Sky News na The Telegraph bisobanura ko Boris agiye kwegura nyuma y’aho abagize guverinoma barenga 40 bo muri iri shyaka bamaze kwegura mu rwego rwo kwamagana uburyo yahaye akazi k’umuhwituzi (whip) wungirije, Chris Pincher kandi afite umuziro.

Iperereza rimaze imyaka itatu ku wa 4 Nyakanga 2022, ryagaragaje ko Pincher yakoreye abagabo babiri ihohotera mu 2019, kandi ngo Boris yari yarabimenyeshejwe.

Umuvugizi w’ibiro bye, yamenyesheje abanyamakuru kuri uyu wa 7 Nyakanga ko koko Boris yamenyeshejwe iby’iperereza rikorerwa Pincher, gusa yongeraho ko uyu muyobozi ashobora kuba yarabyibagiwe ubwo yamuhaga akazi.

Ibyavuye muri iri perereza bimaze kujya hanze, Pincher wahaye aka kazi tariki ya 8 Gashyantare 202 yeguye ku ya 30 Kamena, igitutu gisigara kuri Boris washinjwe guha akazi umuntu azi neza ko afite umuziro utamwemerera gukorera muri guverinoma ye.

Uy Mukuru wa guverinoma aherutse gusaba imbabazi, yemera ko yakoze ikosa. Ati: “Ndashaka kugaragaza neza ko nta mwanya muri guverinoma ukwiye umuntu w’igikoko cyangwa ukoresha ububasha bwe nabi.”

Mu bagize guverinoma beguye bamagana Boris harimo Michelle Donelan yagize Umunyamabanga ushinzwe uburezi tariki ya 5 Nyakanga 2022. Yeguye kuri uyu wa 7 Nyakanga, hashize iminsi itagera kuri itatu yinjiye mu nshingano.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *