Kuri iki Cyumweru, uwahoze ari umudepite mu nteko ishinga amategeko ya Brazil, ashyigikiye perezida ucyuye igihe, Jair Bolsonaro, yateye amagrenade yanga gutabwa muri yombi akomeretsa nibura abapolisi babiri, nk’uko abayobozi babitangaje.
Uwahoze ari umudepite, Roberto Jefferson, yakatiwe igihano cy’igifungo n’Urukiko rw’Ikirenga (STF) kubera ko yarenze ku mabwiriza yo gufungirwa mu rugo rwe, nyuma yo kwibasira umucamanza wo mu rukiko rukuru ku mbuga nkoranyambaga.
Ubwo bari bagiye kumuta muri yombi, mu mujyi wa Levy Gasparian (mu majyepfo y’iburasirazuba bwa leta ya Rio de Janeiro), Jefferson “yirwanyeho” maze abapolisi babiri “barakomeretswa na grenade yateye”nk’uko byemejwe n’igipolisi.
Igipolisi cyongeyeho ko aba bantu bombi bakomeretse bahawe ubuvuzi kandi bafite ubuzima bwiza nk’uko iyi nuru dukesha AFP ikomeza ivuga.
Jefferson yanze gufatwa akoresha “imbunda n’ibiturika”, ariko yaje gufatwa nimugoroba, “nyuma y’imishyikirano ikaze”, nk’uko byemezwa n’igipolisi, cyongeraho ko agiye gukorwaho iperereza ku cyaha cyo kugerageza kwica.
Jair Bolsonaro yitandukanije n’uwahoze ari umudepite, aho yanditse ku rubuga rwa twitter ati: “Umuntu wese urasa umupolisi agomba gufatwa nk’amabandi. Ndagaragaza ko nifatanije n’abapolisi bakomeretse muri iki gice”.
Bwana Bolsonaro yashimangiye kandi ko nta sano afitanye na Roberto Jefferson, wavuze mu 2020 ko perezida ari “inshuti ye magara”.
Uyu muyobozi kandi yahakanye ko atagaragara mu mafoto ari kumwe n’uwahoze ari umudepite, ariko ahantu henshi hagaragaye amashusho y’abo bombi igihe uwahoze ari kapiteni w’ingabo yageraga ku butegetsi muri 2019.


