Mu ijoro ryo kuri iki cyumweru tariki ya 3 Ukuboza 2017, ahagana saa tanu z’ijoro, nibwo muri zone ya Kanyosha mu mujyi wa Bujumbura humvikanye urusaku rw’amasasu, ubuyobozi bwa Polisi bukaba butangaza ko ari abapolisi bari ku izamu barashwe na mugenzi wabo witwa Ntirampeba wari wasinze.
Uku kutumvikana kw’aba bapolisi kwajemo no kurasana, kwasize uwitwa APC Ndayiragije Bonaventure arashwe ahita apfa naho APC Hakizimana Désiré arakomereka.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Si ubwa mbere muri uyu mwaka humvikanye inkuru y’umupolisi warashe bagenzi be mu Burundi, mu kwezi kwa kabiri nabwo umupolisi witwa Nduwimana Samuel yamishije urufaya rw’amasasu muri bagenzi be abasanze aho bari baryamye, amasasu yakomerekeje 8, uwari wabikoze na we agerageje kwirasa arakomereka ntiyapfa
Mu kwezi kwa gatanu muri Komini Giheta intara ya Gitega nabwo umupolisi yarashe mugenzi we aramukomeretsa, bari kumwe mu kazi ku cyicaro cya polisi i Giheta.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Nsengiyumva Philippe/Bwiza.com


