Bukavu: Hatowe imifuka itatu yuzuyemo impapuro z’itora zajugunywe

Sangiza iyi nkuru

Imifuka itatu yuzuyemo impapuro z’itora zatoreweho umwe mu bakandida ku mwanya w’umukuru w’igihugu mu gitondo cyo kuri uyu wa kabiri, itariki 01 Mutarama 2019 yatowe ku nkengero z’umugezi wa Kidodobo, ku muhanda ugana Walungu zitowe n’urubyiruko rw’ishyaka UNC ritavuga rumwe n’ubutegetsi. Aya makuru yahise akwirakwira byihuse mu Mujyi wa Bukavu abantu birukankira kugera aho izo mpapuro zatowe.

Iyo mifuka yahise ijyanwa i Bukavu ku cyicaro cy’ishyaka UNC rya Vital Kamerhe, ryari inyuma y’umukandida Felix Tshisekedi. Umuvugizi w’iri shyaka ku rwego rw’intara, Alfred Maà¯sha akaba yatangaje uko byagenze iyo mifuka iboneka.

Yagize ati: “ Imwe yari yamaze kujyanwa n’umugezi. Indi yari isigaye ku nkombe z’umugezi yateye amatsiko abasore. Ubwo barebagamo imbere, basanze ari impapuro z’itora ziri cochés kuri Perezida Tshisekedi numero 20.

DvIJRPIWkAUKsQY

Kuri we nk’uko iyi nkuru dukesha Radio Okapi ikomeza ivuga, ngo usibye izo mpapuro z’itora, hari n’iz’ivuga uko amatora yagenze, n’inyandikomvugo zijyanye n’amatora y’abadepite nabyo byajugunywe aho hantu.

Iyo mifuka yatoraguwe nyuma y’iminsi 2 amatora y’umukuru w’igihugu, abadepite n’aya ba guverineri abaye muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo. Radio Okapi ikaba ivuga ko yagerageje kumva icyo abahagarariye komisiyo y’amatora muri Kivu y’Amajyepfo bavuga kuri iki kibazo ariko ntibyayikundira.

 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *