Bukavu: Imfungwa zigera 20 zatorotse gereza bamwe mu bari basuye bahasiga ubuzima

Sangiza iyi nkuru

Imfungwa zigera kuri 20 zari zifungiwe muri Gereza Nkuru ya Bukavu nizo zabashije gutoroka, kuri uyu wa Gatanu, itariki 28 Nyakanga, mu gihe mu gutoroka abantu batatu bahasize ubuzima abandi benshi bagakomereka.

Abatangabuhamya baravuga ko humvikanye urusaku rw’amasasu muri gereza ahagana saa munani z’amanywa, ariko byose bikaba byatangiye nyuma yo guturika kwa grenade bivugwa ko yatewe n’imfungwa ziri muri gereza.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]

Igipolisi cyo kivuga ko habayeho kugerageza gutoroka gereza bikaburizwamo, gisaba abaturage gutuza nk’uko Rdaio Okapi dukesha iyi nkuru ivuga.

“ Abanyururu buririye ku kuza kw’abunganizi babo kugirango bateze ubwoba. Ariko ikibabaje ni grenade yatewe yo mu bwoko bwo mu Bushinwa. Ntabwo tuzi niba yaturutse imbere cyangwa hanze. Tubabajwe kandi n’urupfu rw’umushyitsi n’abakomeretse babiri nabo bari abashyitsi ”, uyu ni Gen. Louis Segond Karawa, Komiseri mukuru w’igipolisi cyo mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo.

Uyu yakomeje yemeza ko hari imfungwayari yacitse bongeye gufata, mbere yo kongeraho ko bakwemeza imfungwa zatorotse nyuma yo kubara neza izisigaye.

Gutoroka amagereza muri iki gihugu cya Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo biraharawe muri iyi minsi, nk’aho muri Gicurasi imfungwa zisaga 4,000 zatorotse Gereza ya Makala yo mu murwa mukuru, Kinshasa, nyuma yaho gato muri Kivu y’Amajyaruguru izindi mfungwa zigera muri 900 zigatoroka Gereza Nkuru ya Kangwayi muri Beni.
 
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
 
Dennis Ns./Bwiza.com

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *