Guverinoma ya gisirikare ya Burkina Faso yategetse ingabo z’Abafaransa ziri muri iki gihugu cya Afurika y’iburengerazuba kuhava bitarenze ukwezi kumwe .
Iki cyemezo cyatangajwe na Agence d’Information du Burkina (AIB) kuri uyu wa Gatandatu, nicyo kimenyetso giheruka cyerekana ko umubano wifashe nabi hagati y’u Bufaransa n’igihugu bwahoze bukolonije kuva haba ihirika ry’ubutegetsi rya kabiri rya gisirikare muri Nzeri umwaka ushize.
AIB yavuze ko kuri uyu wa Gatatu ushize guverinoma ya gisirikare yahagaritse amasezerano ya gisirikare yo mu 2018 yemereye ingabo z’Abafaransa kwinjira muri iki gihugu.
Nta bisobanuro byahise biva i Paris nk’uko iyi nkuru ikomeza ivuga.
Amakuru aturuka hafi y’igisirikare cya Burkina Faso agera ku Biro Ntaramakuru AFP, avuga ko Ouagadougou itarimo gucana umubano n’u Bufaransa kandi ko icyo cyemezo “kireba gusa amasezerano y’ubufatanye mu bya gisirikare”.
U Bufaransa bufite abasirikare bagera kuri 400 badasanzwe bari muri Burkina Faso, barwanya imitwe ifitanye isano na al-Qaeda na ISIL (ISIS).
Iki gihugu cya Afurika y’Iburengerazuba ni kimwe mu bihugu bikennye cyane ku Isi kandi amakimbirane ahari, yamaze gukwirakwira muri Sahel avuye muri Mali mu myaka icumi ishize, yahitanye abasivili ibihumbi.
Mu mezi ashize, imyumvire yo kurwanya u Bufaransa yagaragaye muri iki gihugu mu gihe abantu bumva ko kuhaba kw’ingabo z’u Bufaransa ntacyo byigeze bihindura ku kibazo cy’umutekano.


