Amakuru aturuka mu Burundi aravuga ko hashize iminsi hari abantu barimo utabwa muri yombi bazira amashusho ya Hussein Radjabu, wigeze kuba umuyobozi wa CNDD-FDD mbere yo gushwana na Perezida Nkurunziza ndetse bikamuviramo guhunga mu 2015 nyuma yo gutoroka gereza.
Aya makuru dukesha urubuga UBMNews rwo mu Burundi, aravuga ko igipolisi n’abayobozibashinja abo bantu batabwa muri yombi kuba barimo gushaka guhungabanya umutekano w’igihugu binyuze mu guorana n’abanzi b’igihugu.
Iryo tabwa muri yombi rivugwa ryagaragaye mu ntara ebyiri za Muyinga na Rumonge. Bamwe bakaba barimo kwibaza niba Hussein Radjabu yaba agiye gusubira mu Burundi uko byagenda kose ariko ubutegetsi bukaba buri gukora ibishoboka mu kitambika kugaruka kwe bitewe n’uko n’ubu ngo agifite igihagaraaro mu ishyaka CNDD-FDD.
Iyi nkuru ivuga ko ku itariki 9 Ukwakira 2022, abantu barenga 70 batawe muri yombi muri Komini Muyinga mu gace kitwa Kirwati, mu rugo rw’uwitwa Ndiefi, usanzwe ari umwarimu muri Lycee Communal ya Cumba muri Komini ya Muyinga.
Mu bafashwe, abarenga 50 bajyanwe muri kasho y’igipolisi mu Ntara ya Muyinga nyuma yo gufatanwa amashusho ya Hussein Radjabu unavuka muri Komini Muyinga.
Kuri uyu wa Gatandatu ushize, itariki 22 Ukwakira 2022, abandi bantu bagera kuri 76, barimo abagabo n’abagore, btawe muri yombi na polisi bafatiwe mu gace ka Kanyenkoko muri Komini n’intara ya Rumonge, basanzwe mu rugo rw’umwe muri bo, bose bitwaje amashusho ya Hussein Radjabu.
Amakuru urubuga Ubmnews rukesha ikinamakuru Le Mandat, avuga ko abo bantu bakigaragara benshi baketse ko barimo gusenga, nyuma basanga bari mu nama banafite amashusho ya Radjabu wahoze akuriye CNDD-FDD.
Iki kinyamakuru kivuga ko abo nabo bahise bajyanwa muri kasho ya polisi mu Ntara ya Rumonge, abandi bajyanwa i Bujumbura mu rwego rushinzwe iperereza. Barashinjwa guhungabanya umutekano w’igihugu no gukorna n’abanzi b’igihugu.
Umwe mu bayoboke ba CNDD-FDD utifuje ko amazina ye ajya ahagaragara ku mpamvu z’umutekano we, yagize ati “ Buriya Radjabu n’ubu nubwo ari mu buhungiro aracyafite abayoboke benshi bakiri inyuma ye haba mu nzego z’umutekano cyangwa iza gisirikare no mu iperereza. Kuko Neva (Perezida Ndayishimiye) ntadatekereza uko amuhungura akagaruka mu gihugu cye aakaarya nk’abandi barwananye, agomba gushaka inzira zose zo kugaruka mu gihugu. Twese ntitubona ibigiye gukurikira kuko uyu munsi ni Muyinga na Rumonge ejo dushobora kumva no mu zindi ntara.”
El-Hajji Hussein Radjabu yabaye chairman w’ishyaka riri ku butegetsi mu Burundi, CNDD-FDD, kugeza muri Gashyantare 2007 ubwo yakurwaga kuri uyu mwanya na Kongere y’ishyaka. Muri Mata 2007, yatawe muri yombi ashinjwa gushaka gushinga umutwe witwaje intwaro no gutuka umukuru w’igihugu amugereranya n’icupa ririmo ubusa. Muri Mata 2008, Radjabu yahamijwe ibyo byaha akatirwa imyaka 13 y’igifungo, aza gutoroka muri Gashyantare 2015.


