Abagabo babiri bo mu gihugu cy’u Burundi, umwe witwa Sylvestre Nduwayo, uvuka ku musozi wa Sakinyonga muri Komini Matana mu Ntara ya Bururi, na Nyandwi wo ku musozi wa Buraza muri Komini Buraza mu Ntara ya Gitega, bishwe batemaguwe.
[ad id=”44145″]
Amakuru avuga ko aba bagabo bombi bishwe ku mugoroba wo kuwa Kane ushize batemeshejwe imipanga ndetse bakubiswe impiri n’abaturage bo ku musozi wa Ndago muri Komini Buraza ho mu Ntara ya Gitega.
Umuyobozi w’uyu musozi wa Ndago, Ernest Ndayikeza akaba yarasobanuye ko abo bantu bishwe nyuma yo gufatwa barimo kwiba imifuko ya sima mu bubiko bw’umushinga wa PRODEFI ukorera kuri uwo musozi.
Uyu muyobozi nk’uko tubikesha SOS Media, akaba yarakomeje avuga ko abo bantu bari bamaze iminsi bashakishwa cyane kubera ko bari mu gatsiko k’amabandi yibaga inka.
[ad id=”44145″]
Bwana Ndayikeza yatanze urugero rw’inka yibwe ku witwa Bernard Nduwayo ku musozi wa Ndago. Igipolisi cyamaganye ibi bikorwa byo kwihanira, kivuga ko cyatangiye iperereza.
K anda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
@bwiza.com


