Une-partie-du-site-de-Musenyi-abritant-des-refugies-congolais-avril-2025-3800x2138_c

Burundi: Abapolisi barashinjwa guhohotera impunzi

Sangiza iyi nkuru

Mu nkambi y’impunzi ya Musenyi iherereye muri Komini ya Giharo (Intara ya Rutana, mu majyepfo y’uburasirazuba bw’u Burundi), impunzi z’Abanyekongo ziramagana ibikorwa bibi bakorerwa n’abashinzwe umutekano mu Burundi.

Nk’uko raporo nyinshi zibitangaza, abapolisi bahora babaca amande uko bishakiye iyo bagiye hanze y’inkambi, cyane cyane muri centre y’ubucuruzi ya Muzye, nubwo iri mu birometero bike.

Intandaro y’ibi birego ni bariyeri ya polisi yashyizwe hagati ya Rubaho na Muzye. Izi mpunzi zivuga ko, nubwo bagaragaza amakarita ya bo y’impunzi, bavuga ko abemerera kugenda muri komini yabakiriye, abapolisi basaba icyitwa “uruhushya rwo gusohoka” cyangwa bagacibwa amande.

Baramagana rero amande batanga ntibahabwe na fagitire nk’uko iyi nkuru dukesha Urubuga rwa SOS Medias Burundi ivuga.

Umwe mu mpunzi witwa Simeon yagize ati: “Nari ngiye i Muzye kugura ibyo kurya. Kuri bariyeri, bansabye uruhushya. Nerekanye ikarita yanjye y’impunzi, ariko bambwira ko bidahagije. Nabwirijwe kwishyura amafaranga 10,000 yo mu Burundi kugira ngo banyemere gutambuka.”

Undi yagize ati: “Imibereho yacu iragoye cyane. Kandi nyamara, iyo tugerageje gushaka uburyo bwo kubaho i Muzye cyangwa Rubaho, turafatwa kandi duhatirwa gutanga amande adafite ishingiro.”

Inkambi ya Musenyi icumbikiye impunzi zigera ku 20.000 zahunze intambara mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo, cyane cyane mu Ntara za Kivu y’Amajyaruguru n’Amajyepfo.

Kuri benshi, izi ngamba za polisi ni ukurenga ku buryo butaziguye ku burenganzira bwabo bw’ibanze, byemejwe n’amategeko y’u Burundi n’amasezerano mpuzamahanga yerekeye kurengera impunzi.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *