Burundi: Biranugwanugwa ko Hussein Radjabu yaba ari mu maboko y'inzego z'umutekano

Sangiza iyi nkuru

Kuva mu ntangiriro z’icyumweru gishize, amakuru yakomeje gucicikana ku mbuga nkoranyambaga na bimwe mu bitangazamakuru, avuga ko Hussein Radjabu wahoze akomeye mu Ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi nyuma akaza kwitandukanya naryo akanahunga, yafashwe, ngo akaba ari mu maboko y’inzego z’umutekano.

Hussein Radjabu yabaye umuyobozi w’ishyaka CNDD-FDD, yaje gufungwa azira ibyaha birimo no gutuka umukuru w’igihugu. Mu ntangiriro za 2015, yatorotse gereza ahita ahunga igihugu.

Amakuru akomeje gucicikana ku mbuga nkoranyambaga ko yaba yarafatiwe mu gihugu cya Tanzania, mu gace ka Kigoma ngo akaba amaze iminsi igera mu 10 afitwe n’inzego z’umutekano z’u Burundi nyuma yo kumuhabwa na Tanzania.

Aya makuru y’uko Radjabu yaba yarafashwe ntacyo Leta y’u Burundi yari yayatangazaho mu gihe hari hashize umwaka bitangajwe ko yagizwe umuyobozi w’umutwe wa FOREBU uvuga ko ugamije kuvana ku buyobozi Perezida Nkurunziza.

El-Hajji Hussein Radjabu ni umunyapolitiki uzwi cyane mu Burundi, afite amateka menshi muri Leta y’u Burundi ndetse wanakoranye bya hafi na Perezida Nkurunziza bakiri mu ishyamba na nyuma y’aho bafatiye ubutegetsi.

Uyu mugabo ubu uri ku ruhande rw’abarwanya Leta y’u Burundi, yahoze ari umuyobozi mukuru w’ishyaka CNDD FDD riri ku butegetsi, arafungwa nyuma aza gutoroka. Mu ijoro ryo ku ya 1 Werurwe 2015, nibwo Radjabu yatorotse gereza ya Mpimba yari afungiyemo, byatangajwe ko yajyanye na bamwe mu bagororwa ndetse n’abarinzi ba Gereza.

Uku gutoroka kw’uyu mugabo, byateje urujijo ndetse bamwe mu bakurikira neza ibya politiki y’u Burundi batangira guhwihwisa ko Leta ya Nkurunziza ishobora kuba igiye guhura n’isanganya rikomeye, kuko byagaragazaga ubugambanyi buri mu nzego za Leta.

Ibi byavugwaga ntabwo byatinze, nyuma y’amezi abiri gusa nibwo ishyano ryari riguye mu Burundi, amakuru akwira isi yose ko Perezida Nkurunziza ihiritswe n’absirikare be yari yasize ku rugo yitabiriye inama n’abandi bakuru b’ibihugu bahuriye mu muryango EAC muri Tanzania.

Radjabu yari amaze imyaka 7 afunze muri 15 yakatiwe, aho yashinjwaga gushaka guhungabanya umutekano w’igihugu ndetse n’izindi nzego.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *