Burundi: CNARED yasabye umuhuza Mkapa kwegura Loni ikamusimbura

Sangiza iyi nkuru

Icyizere cyo kongera guhuriza Abarundi mu biganiro cyongeye gusubira inyuma kuri uyu wa gatanu nyuma y’aho abatavuga rumwe n’ubutegetsi mu bashinjije umuhuza Benjamin Mkapa kubogamira kuri guverinoma ya Nkurunziza yemera ko iriho mu buryo bwemewe n’amategeko.
Kuva Mkapa yahabwa inshingano zo koroshya ibiganiro by’amahoro hagati y’abatavuga rumwe n’ubutegetsi na guverinoma y’u Burundi muri Werurwe, yananiwe guhuriza ku meza amwe abatavuga rumwe mu Burundi.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Ubushize muri Nyakanga ubwo yageragezaga kubahuza, guverinoma yikuye mu biganiro. Mkapa rero yari yagarutse mu Burundi kuri uyu wa Gatatu ushize kugerageza kubyutsa ibiganiro asaba Nkurunziza kuganira n’abatavuga rumwe nawe, we yita abakora ibikorwa by’iterabwoba.
Mu kiganiro yahaye itangazamakuru kuri uyu wa gatanu, Mkapa yasabye abatavuga rumwe n’ubutegetsi gushaka ukuntu baba bategura amatora azaba mu mucyo kandi yizewe mu 2020 bakareka gukomeza kwibanda ku byabaye mu 2015.
Umuhuza Mkapa we avuga ko perezida Nkurunziza ari umukuru w’igihugu wemewe kuko yatowe n’abaturage.
Mkapa yagize ati: “Abahagarariye ibihugu byabo bazanira amabaruwa yabo perezida Nkurunziza. Loni yemeje ko ari we mukuru w’igihugu. None uko guta umutwe ni nyabaki? Turata umwanya ku kibazo cyarangiye kera,”
Ibi Mkapa yatangaje rero byarakaje ihuriro CNARED rihuriyemo abatavuga rumwe n’ubutegetsi barwanya manda ya gatatu ya perezida Nkurunziza, risaba Umuryango w’Abibumbye kuba ari wo uba umuhuza muri ibi bibazo u Burundi burimo kuva muri Mata 2015.
Mu Ibaruwa yandikiye Loni, CNARED yavuze ko Mkapa yarangije inzira y’ibiganiro akaba agomba kwegura akanemera ko yananiwe inshingano ze.
Radio VOA yabajije Jean Minani wo muri CNARED icyo bazakora nibaramuka batumiwe mu biganiro Mkapa ateganya guhamagaza muri Mutarama 2017, asubiza ko ntacyo bizaba bihagazeho kuko atemera imvano y’ibibazo byose kandi akaba nawe avuga ko atazarebana n’abanyabyaha. Yongeyeho ko leta ya Nkurunziza inyuranyije n’amategeko kandi Mkapa akaba avuga ko abatabyemera ari abasazi, agasanga nta kintu uyu muhuza yabagezaho.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Itangazo riteye uku:
itangazo
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Denis Nsengiyumva/Bwiza.com

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *