Col. Dieudonné Dushimagize, umusirikare w’u Burundi yavanwe aho yari afungiye ajyanwa muri gereza nkuru ya Mpimba kuri uyu wa Kabiri tariki ya 22 Ugushingo 2016. Uyu musirikare mbere yo kujyanwa muri gereza ya Mpimba avanwe muri gereza y’urwego rushinzwe iperereza, yabanje kugezwa imbere y’ubushinjacyaha bwa Bujumbura.
Mu cyumweru gishize nibwo Col. Dieudonné Dushimagize yatawe muri yombi, afatirwa mu biro mu rwego rushinzwe ubutasi bw’u Burundi.
[ad id=”44145″]
OP1 Pierre Nkurikiye, umuvugizi w’igisirikare cy’u Burundi avuga ko uyu mukoloneli ashinjwa guhungabanya umutekano w’igihugu, ndetse no gushaka gukora ubwicanyi (Atteinte à sà»reté de l’à‰tat et Tentative d’assassinat).
N’ubwo uyu muvugizi w’igipolisi avuga ko ashinjwa guhungabanya umutekano no gushaka gukora ubwicanyi, nta byinshi atangazaho icyuho yaba yarafatiwemo dore ko kuva muri Mata 2015 bamwe mu basirikare bagiye bafungwa bashinjwa ibyaha bifitanye isano n’ibi ashinjwa.
[ad id=”44145″]
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Itangishatse Théoneste/Bwiza.com


