Burundi: Hatangajwe abantu 3 bagiye gucukumbura ukuri ku bwicanyi buhabera kuva muri Mata 2015

Sangiza iyi nkuru

Akanama k’Umuryango w’abibumbye gashinzwe kurengera uburenganzira bwa muntu katangaje amazina y’abantu batatu bazaba bagize komisiyo ishinzwe gushakisha no gucukumbura ukuri ku bagize uruhare mu bwicanyi n’iyicarubozo byakorewe abaturage mu Burundi kuva muri Mata 2015.

[ad id=”44145″]

Itangazo ryashyizwe ahagaragara na perezida w’aka kanama, Umunyakoreya Choi Kyong lim rivuga ko iyo komisiyo izaba igizwe n’abakomiseri batatu aribo; Umunyalgeriya Fatsah Ougeurgouz wari umucamanza mu rukiko nyafurika rushinzwe uburenganzira bwa muntu, Umunyabenin Reina Alapini Gansu, wari intumwa yihariye y’Afurika yunze ubumwe mu bijyanye n’uburenganzira bwa muntu n’Umwongereza Francoise Hampson, umwarimu w’amategeko mpuzamahanga muri kaminuza ya Essex mu Bwongereza.

Mu Ukwakira 2016, nibwo Akanama ka Loni karengera uburenganzira bwa muntu katoye umwanzuro wo gushyiraho komisiyo izakora iperereza ku bagize uruhare mu bwicanyi ndetse n’iyicarubozo rikorerwa abaturage mu Burundi.

Uwo mwanzuro watowe nyuma y’iminsi micye Umuryango w’Abibumbye utangaje icyegeranyo ku ihonyorwa ry’uburenganzira bwa muntu mu Burundi, kuva kuwa 15 Mata 2015 kugeza kuwa 30 Kamena 2016.

[ad id=”44145″]

00023705_medium

Icyo cyegeranyo cyavuze ko ibyo bikorwa na leta, inzego z’umutekano za leta, n’Imbonerakure, kandi ko bishobora kwitwa ibyaha byibasiye inyokomuntu.

Iki cyegeranyo cyakozwe n’itsinda ryitwa EINUB, Enquete Independante des Nations-Unies sur le Burundi, mu gifaransa.

Icyo cyegeranyo cyasabaga ko hashyirwaho mu maguru mashya komisiyo mpuzamahanga yigenga yo gukora iperereza ku bwicanyi bwabaye mu Burundi kuva ku italiki ya 15 Mata 2015 kugera ku italiki ya 30 Kamena 2016, no gukora ibirebana n’ubutabera mpuzamahanga.

580a1760-8f1b-4cd3-8573-cff7084e83a5_w987_r1_s
Zeid al Hussein,komiseri w’ishami rya Loni ryita ku burenganzira bwa muntu na perezida waryo, Choi Kyong lim

Itangazo rya perezida w’akanama k’umuryango w’abibumbye kita ku burenganzira bwa muntu rikomeza rivuga ko abo bahanga bazaba bafite inshingano zo guhura n’abarebwa bose n’ibibazo by’u Burundi barimo leta, abagize sosiyete sivili, impunzi, abahagarariye amashami y’umuryango w’abibumbye n’abagize umuryango w’Afurika Yunze Ubumwe.

[ad id=”44145″]

Biteganyijwe ko abo bahanga bazatanga raporo yabo ya nyuma mu kwezi kwa cyenda k’umwaka utaha nk’uko iyi nkuru dukesha VOA ikomeza ivuga.

Mwibuke ko leta y’u Burundi yamaganye ibikubuye muri ibyo byegeranyo. Nyuma y’itorwa ry’umwanzuro mu Burundi hakaba harakozwe imyigaragambyo yamagana uwo mwanzuro n’ibikubiye mu cyegeranyo cyakozwe n’itsinda ryigenga ryashyizweho n’Umuryango w’Abibumbye.

Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
 
Dennis Ns./Bwiza.com
 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *