Umushinjacyaha mukuru mu gihugu cy’Uburundi, Sylvestre Nyandwi yatanze impapuro zita muri yombi uwahoze ari Perezida w’iki gihugu, Maj. Pierre Buyoya kubera uruhare akekwaho mu rupfu rwa Perezida Melchior Ndadaye.
Buyoya kuri ubu ni intumwa nkuru y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe mu gace ka Sahel na Mali. Araregwa hamwe n’abandi basaga 19 barimo abahoze mu gisirikare n’abasivili ku cyaha cyo kwica Perezida w’umuhutu watowe binyuze mu nzira ya demokarasi ariyo amatora.
Uyu mugabo araregwanwa n’abarimo Pascal Simbanduku, Alfred Nkurunziza, Bernard Busokoza, Jean Paul Kamana, Charles Mukasi, Mamert Sinarinzi n’abandi.
Umushinjacyaha Sylivestre Nyandwi avuga ko aba bakekwa bazagezwa imbere y’ubutabera nta gisibya kuko ngo ubutabera bw’Uburundi bufite ibimenyetso simusiga by’uruhare rwabo mu rupfu rwa Ndadaye.
Mu kiganiro n’abanyamakuru nk’uko UBM News ibitangaza, kuri uyu wa 30 Ugushyingo 2018, Umushinjacyaha Mukuru Nyandwi yavuze ko abakekwaho kugira uruhare mu rupfu rwa Ndadaye bose bazagezwa imbere y’ubutabera aho baba bari hose.
[penci_related_posts taxonomies=”undefined” title=”Izindi nkuru wasoma” background=”” border=”” thumbright=”no” number=”4″ style=”list” align=”none” displayby=”recent_posts” orderby=”random”]
Buyoya wo mu bwoko bw’Abatutsi yayoboye Uburundi mu 1987 nyuma yo guhirika butegetsi nyuma aza kuva ku butegetsi bitewe n’itorwa rya Ndadaye mu 1993 waje kwicwa nyuma y’amezi ane ari perezida.
Urupfu rwa Melchior Ndadaye rwateje akaga gakomeye mu gihugu. Abantu benshi barapfuye, imitungo myinshi irahangirikira.
Kuri ubu ntibiramenyekana uzashyira mu bikorwa iby’izi mpapuro zo guta muri yombi Pierre Buyoya.


