c936f8c6-fe65-465a-b823-efa3bcc11d5f-1900x1069_c

Burundi: Imfungwa zisaga 1400 zugarijwe n’inzara muri Gereza ya Gitega

Sangiza iyi nkuru

Mu Mujyi wa Gitega, umurwa mukuru wa politiki w’igihugu cy’u Burundi, baratabariza abafungiwe muri gereza nkuru bugarijwe n’ikibazo cy’inzara. Nk’uko amakuru atandukanye abigaragaza, kuva ku itariki ya 16 Werurwe 2026, abagororwa 1416 bahuye n’ibura ry’ibiribwa rikabije, ibyo bikaba byiyongera ku mibereho y’imfungwa isanzwe ari mibi.

Nk’uko amakuru aturuka imbere avuga, kuva kuri iyo tariki, imfungwa ntizigeze zifata ifu y’imyumbati cyangwa ibigori bahabwaga. Ubu ifunguro rya buri munsi ntirirenza garama zigera kuri 350 z’ibishyimbo kuri buri muntu, ingano ifatwa nk’idahagije kugira ngo umuntu abone intungamubiri z’ibanze.

Uku kubura ibiryo kwibasiye kurushaho bamwe mu bagororwa baturutse mu ntara za kure, nka Karusi, Ruyigi, na Cankuzo, cyane cyane. Bitewe n’uturere twabo turi kure, izo mfungwa zisurwa n’imiryango gacye bityo zikaba zitabona ubundi buryo ku ruhande bwabafasha bitandukanye n’izindi mfungwa zibasha kwishingikiriza ku bufasha buturuka hanze.

Iyi nkuru dukesha SOS Medias Burundi ivuga ko ibi bintu atari bishyashya. Muri Gashyantare 2026, muri iyi gereza hari hamaze kuvugwa ikibazo cy’ibura ry’ibishyimbo. Uyu munsi, abagororwa batinya ko ubuzima bwabo buzangirika kurushaho, bitewe n’indwara nyinshi ziterwa n’imirire mibi.

DSC 8050 scaled 1

Ubusanzwe iyi Gereza Nkuru ya Gitega yubatswe mu 1926 ifite ubushobozi bwo kwakira abantu bagera kuri 400, ariko kuri ubu icumbikiye abantu bakubye inshuro zirenga eshatu ubushobozi bwayo. Ubu bucucike, bugereranywa ko buri hejuru ya 300%, butera imibereho igoye cyane. Ibibazo by’isuku n’isukura bigenda byiyongera, kandi bamwe mu bagororwa baba bahatirwa kuryama mu buryo butari ubwa kimuntu.

Kubera iki kibazo, imfungwa zirasaba inzego zibishinzwe gutaba byihuse. Barasaba cyane cyane gukemura ikibazo cy’ibiribwa, ndetse no gufata ingamba zifatika zo kugabanya ubucucike bw’abantu muri gereza no kureba ko ifungwa ryujuje ibisabwa.

 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *