Minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu mu Burundi iratangaza ko ishobora gufatira ibihano ishyaka CNL (Congres Nationale pour la Liberte) rya Agathon Rwasa, Visi Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko .
Umuvugizi w’iyi minisiteri, Tharcisse Niyongabo, yatangarije ibi mu kiganiro cy’abavugizi b’inzego za leta cyabereye mu Ntara ya Muyinga, mu majyaruguru y’uburasirazuba bw’u Burundi.
Radio Ijwi rya Amerika dukesha iyi nkuru iravuga ko ibi Niyongabo yabitangaje ahereye ku bayoboke icyenda ba CNL bafunze, yemeje ko ari bo bitwikiye ingoro y’iri shyaka ryabo iri muri Komini Nyabiraba, mu ijoro ryo kuwa Gatandatu ushize.
Imwe mu miryango ifite ababo bafunzwe yo iravuga ko bahohotewe, bagasobanura ko batigeze bahabwa amahirwe yo kunganirwa n’abanyamategeko, kandi ko bamwe muri bo batawe muri yombi bari kujya mu misa.
Ku rundi ruhande, Umuryango uharanira uburenganzira bwa muntu, Human Rights Watch, wasohoye itangazo ryemeza ko abayoboke b’ishyaka CNL bahohoterwa bakanatotezwa.
Uyu muryango ukaba usaba Akanama k’Amahoro ka Loni gukomeza gukurikirana ibirimo kubera mu Burundi no gufatira ibihano abategetsi bamwe.


