Burundi : Muri CNDD-FDD haba hashyizweho urwego rushinzwe gukosora abitwa Intumva

Sangiza iyi nkuru

Amakuru aturuka mu gihugu cy’u Burundi aravuga ko mu ishyaka CNDD-FDD hashyizweho urwego rushinzwe gukosorerwamo abitwa Intumva hagamijwe kurangiza abatavuga rumwe n’iri shyaka riri ku butegetsi.

Iyi nkuru dukesha urubuga, UBMNews rwo mu Burundi iravuga ko uru rwego rwashyizweho mu rwego rwo guhana umuntu wese waza urwanya ibitekerezo bya CNDD-FDD cyane cyane urwanya perezida Nkurunziza uherutse gutangaza ko abamurwanya bazakurwaho kugeza mu 2018. Ibi ngo akaba yarabitangarije kuwa 18 Ugushyingo 2017 mu Ntara ya Cibitoke.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]

Icyo gihe perezida Nkurunziza yagize ati : « Umwanya ndimo ubu si itongo. Ni umwanya usangiwe n’igihugu cyose n’abo bose bamennye amaraso yabo kubw’iki gihugu. Rero, ntimwite mu ruzi murwita ikiziba ».

Aha ngo perezida Nkurunziza akaba yarasaga nk’ugaragaza ko umuntu wese wagerageza kuzana igitekerezo cyo kurwanya izindi manda ateganya kwiyamamariza yahura n’ibibazo maze uko gukosora kugahita gutangira.

Amakuru agera kuri uru rubuga akomeza avuga ko umuntu uherutse gukosorwa ari Umunyamabanga Mukuru wa CNDD-FDD, Evariste Ndayishimiye, bivugwa ko yakosowe azira kuba yaragaragaje igitekerezo cyo kwiyamamariza umwanya w’umukuru w’igihugu ngo azasimbure perezida Nkurunziza.

Biravugwa ko ikintu cyaba kirimo guteza ubwumvikane bucye hagati muri CNDD ari manda ya kane perezida Nkurunziza ateganya kuziyamamariza ndetse ngo bamwe mu bayobozi bakuru ba CNDD bakaba baranze gutanga inkunga igenewe amatora yo mu 2020.

Bivugwa ko abamaze gutanga uyu musanzu ari perezida Nkurunziza ubwe, visi perezida, Gaston Sindimwo na Alain Guillaume Bunyoni, minisitiri w’umutekano. Iki rero ngo kikaba ari cyo cyaba kiri gutuma perezida Nkurunziza arakarira abandi batarimo gutanga umusanzu .

Perezida Nkurunziza yagize ati : « Nbabizi bamwe muri mwe barimo gutangira guhengama no guca ku ruhande. Muramenye hanyuma muhindukire kugira ngo ibyabaye ahahise ntibizasubire. Ndabizi ko harimo bamwe hano. Nabizeza ko mbazi. Yego ndabazi mwese ».

Iyi nkuru irasoza ivuga ko ubwo buryo bwo gukosora atari ubwa none kuko ngo bwakoreshejwe no mu 2015, aho ngo bamwe mu bayobozi ba CNDD-FDD batinyutse bagatanga igitekerezo cy’uko amasezerano ya Arusha yakubahirizwa bahuye n’itotezwa bakorewe n’inzego z’ubutasi baracecekeshwa ntibongera kuvuga.

Bamwe muri aba ngo bahunze igihugu, mu gihe abatarahunze bemeye gutanga amande y’umurengera mu rwego rwo gusaba imbabazi.
 
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
 
Dennis Ns./Bwiza.com

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *