Pasiteri Isidore Mbayahaga mu ijambo aherutse kugeza ku bayoboke n’ishyaka CNDD-FDD mu ngoro yayo, yagereranyije Imana n’igikona.
Yagize ati: “Yesu ashimwe cyane! Usomye muri Yeremiya 48:40-42 harerekana neza Imana ko hari igihe yivuga ko ari inkona (igikona), ikavuga yuko abahizi bayo ihora ihanisha abantu bishyize hejuru bakayisuzuguza […]. Iri jambo rero niba utararimenya, wowe nkayo, niba uri yo, kirazira ko Imana yigereranya nawe! Ikigereranya n’umuhizi wayo. Ibi ntibikwiye rero ko muri mwebwe habamo ishari.”
Ngo ibi byatumye Pasiteri Mbayahaga ajya kwiga ku buzima bw’igikona, asanga nta gikona gihiga kigenzi cyacyo. Ngo ikindi igikona ntikigira amagambo menshi; kivuga make. Ngo icya gatatu, igikona kirya ibyo cyihigiye gusa. Icya kane, ngo igikona cyarika mu biti birebire hejuru, kuko cyitwa Umwami w’Ikirere.
Yakomeje kuvuga ku byo yamenye ku gikona, agera ku cya gatandatu, ari icyo ijisho cyangwa se imboni. Ngo igikona kireba kure cyane. Ati: “Icya gatandatu, mu bihimba byayo ikintu idevelopa (developer) cyane ni ijisho, ibona kure.” Abayoboke b’ishyaka CNDD-FDD bahise baseka, maze Pasitri Mbayahaga arababwira ati: “Bwana asifiwe! Ni zo mvuze. Imana ishimwe cyane!” Noneho bahise baseka cyane.
Muri Bibiliya, mu gitabo cya Yeremiya 48:40,42 hagira hati: “Uku ni ko Uwiteka avuga ati: ‘Dore azahaguruka nk’igisiga, amababa ye ayaramburire kuri Mowabu. I Keriyoti harahinduwe n’ibihome biratunguwe, kandi uwo munsi umutima w’intwari z’i Mowabu uzamera nk’uw’umugore uri ku nda. Kandi Abamowabu bazarimburwa be kuba ubwoko, kuko birase ku Uwiteka.



2 Responses
Burundi: Pasiteri Mbayahaga agereranya Imana n’igikona
uyu n’umucangero si pasitori niko yamye ahimba ivyo abesha kugira yikundwakaze
ntanuwuzi ico arico
Burundi: Pasiteri Mbayahaga agereranya Imana n’igikona
uyu n’umucangero si pasitori niko yamye ahimba ivyo abesha kugira yikundwakaze
ntanuwuzi ico arico