Burundi: Rurageretse hagati ya Willy Nyamitwe na Petero Buyoya uvuga ko hari gutegurwa Jenoside

Sangiza iyi nkuru

Mu gihe leta y’u Burundi ikomeje guhakana amakuru atangazwa n’imiryango mpuzamahanga itandukanye ko ibikorwa mu gihugu bigaragaza ko hashobora kuba jenoside vuba, Pierre Buyoya wahoze ari perezida ahamya aya makuru ariko gusa ntbyumvikanaho na Willy Nyamitwe, umujyanama wa perezida Nkurunziza
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Pierre Buyoya wakunze kugaragaza ko ari ku ruhande rw’abadashyigikiye leta ya Nkurunziza , aganira n’ikinyamakuru Dakaractu yagize ati: “Biranejeje cyane kuba imiryango mpuzamahanga ari yo yakomeje gutangaza ibiri kubera mu gihugu cyanjye, yego Ndabihamya ko mu Burundi hashobora kuba Jenoside”.
Ibi Willy Nyamitwe ntabikozwa, aho yagize ati: “Dakaractu(ikinyamakuru) kigomba kumenya ko nta na rimwe Pierre Buyoya yigeze atorwa, ahirika ubutegetsi, umujenosideri,…” akomeza avuga ko hari abo yatoje by’umwihariko akamushinja mumena amaraso y’abatagira ingano.
nyamitwe-vert
Nyamitwe yakomeje atangariza iki kinyamakuru abicishije ku rukuta rwe rwa Twitter ko Pierre Buyoya afite ibyaha byinshi ashinjwa ko ahubwo atakabaye avuga.
Akomeza avuga abasirikare bakomeye bishwe ariko ko ibyo byose atari jenoside, ati: “bishe Adolphe, Bikomagu, Darius, Kararuza, Hafsa… banagerageza kwica Zénon, Nyamitwe,…ariko si jenoside”.
ny
Buyoya wakunze kuvugwaho kudashigikira ibikorwa bya perezida Nkurunziza n’abamushyigikiye barimo umutwe w’Imbonerakure, bivugwa ko abishe Gen Nshimirimana Adolphe bari bafite umugambi wo kwica Buyoya basanga yamaze kubacika kuko yari yavuye mu Burundi mbere ho iminsi mike.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Ibivugwa n’imiryango mpuzamahanga ko mu Burundi hashobora kuzavuka jenoside bishingirwa ku bwicanyi n’imvururu za hato na hato zikomeje kubera muri iki gihugu kuva aho leta ya Nkurunziza yanze imishikirano n’abatavuga rumwe n’ubutegetsi.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Schadrack@bwiza.com

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *