Burundi: Umusirikare yishe mugenzi we, umuturage yicwa na grenade

Sangiza iyi nkuru

Umusirikare ufite ipeti rya 1er Sergent-Major witwa Ndayizeye ufite numero imuranga mu gisirikare,71296, mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere yarashwe na mugenzi we aramwica ubwo bari ku birindiro byabo biri ku gasozi ka Nyarutongo, Komini Giteranyi mu Ntara ya Muyinga.

Uwakoze ubu bwicanyi ni Caporal Mugabo numero 59847, wahise aburirwa irengero akagenda atwaye imbunda ye kuri ubu akaba ari gushakishwa n’abashinzwe umutekano. Uyu mugabo bivugwa ko yahoze mu gisirikare cy’u Burundi cya mbere (Ex-FAB), avuka ku gasozi ka kagege muri Komini Busoni mu Ntara ya Kirundo.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]

Urubuga rwa Radio Bonesha FM dukesha iyi nkuru rukaba ruvuga ko hataramenyekana icyateye uyu musirikare kwica mugenzi we, mu gihe igipolisi cyatangiye iperereza.

Ku rundi ruhande, ku gasozi ka Rugeyo ko muri Komini Musigati yo mu Ntara ya Bubanza, umuntu umwe yahitanywe na grenade mu ijoro ryo ku Cyumweru, itariki 13 Kanama, aho bivugwa ko amakimbirane ashingiye ku butaka ashobora kuba ari yo nyirabayazana y’ubu bwicanyi. Abantu 9 batawe muri yombi mu rwego rw’iperereza.

Nk’uko aya makuru dukesha RPA avuga, ngo uwishwe ni uwitwa Fabien kayobera wari mu myaka 40 wari utuye muri Zone Ntamba, Komini Musigati, aho bivugwa ko yatewe n’abantu mu ijoro ryo ku Cyumweru nka saa yine bamusanze iwe.

Amakuru aturuka aha akaba avuga ko abo bantu bishe idirishya mbere yo kujugunya grenade mu cyumba cya nyakwigendera ngo wari mu cyumba wenyine akaba yarahise apfa.

Amakuru atangwa n’abaturanyi akaba avuga ko ashobora kuba yazize ibibazo bishingiye ku butaka kuko yari aherutse gutsindira ikibanza cyatezaga impaka mu rukiko abayobozi b’ibanze bakakimwegurira bitegetswe n’urukiko.
 
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
 
Dennis Ns./Bwiza.com

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *