Kuri uyu wa Gatandatu, Guverinoma ya Somalia yavuze ko umutwe w’iterabwoba wa al-Shabaab ukorana bya hafi na al-Qaeda wasabye gufungura ibiganiro na guverinoma ku nshuro ya mbere .
Minisitiri w’ingabo wungirije wa Somalia, Abdifatah Qasim, yatangaje ko abaterabwoba ba al-Shabaab badafite amahirwe yo gushyikirana na guverinoma, usibye abenegihugu ba Somalia bagize uyu mutwe w’iterabwoba.
Abdifatah Qasim yagize ati “Muri al-Shabab hari amatsinda abiri. Igice cya mbere ni abanyamahanga, naho igice cya kabiri ni Abanyasomaliya bari muri uyu mutwe. Abo banyagihugu bafite amahirwe yo gufungura imishyikirano, ariko abo banyamahanga bateye igihugu cyacu nta burenganzira bafite bwo kuganira. Amahitamo yonyine ni ugusubira aho bakomoka. ”
Ibi yabitangaje mu kiganiro n’abanyamakuru cyabereye mu murwa mukuru Mogadishu, nyuma y’umunsi umwe umutwe w’iterabwoba ugabye igitero simusiga ku ngabo za leta mu mudugudu wa Hilowle Gaab mu majyepfo ya Shabelle yo Hagati nk’uko bitangazwa n’Ibiro Ntaramakuru bya Turkiya, Anadolu Agency.
Iki gitero ni igitero cya kabiri kinini cyagabwe n’uyu mutwe kuva umwaka watangira.
Ku wa Gatatu, uyu mutwe w’iterabwoba wateye Umujyi wa Mahas mu ntara ya Hiran, usiga uhitanye abantu barenga 35.
Somalia imaze imyaka ifite ikibazo cy’umutekano muke, aho al-Shabaab ari imwe mu bihangayikishije iki gihugu cyo mu Ihembe rya Afurika.
Yatangiye urugamba rwo kurwanya Guverinoma ya Somalia n’ingabo mpuzamahanga kuva byibura mu 2007, ikaba imaze guhitana abantu ibihumbi.


