Inama nyunguranabitekerezo ku kurwanya ruswa iherutse kuba yatumye abayobozi benshi bashima ingamba za Polisi y’u Rwanda zo gufatanya n’izindi nzego mu kuyirwanya, aho muri Polisi y’u Rwanda hari umuco wo kutihanganira uwo ari we wese wayigaragaramo.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Yabwiye abitabiriye inama ati:” Byanze bikunze aharangwa ruswa, harangwa n’inzego zijegajega, ibyo bikaba imbogamizi ku mibanire n’ubukungu.”
Aha yagize ati:”….Ubwoko bwa ruswa dukunze guhura nabwo, ni aho abantu batanga cyangwa bakakira amafaranga make cyangwa bagakoresha ubundi buryo ngo babone serivisi, bigaragara ko ruswa atari umuco hano mu Rwanda.”
Mu kindi kiganiro, umuyobozi w’agateganyo w’ubugenzacyaha muri Polisi y’u Rwanda, ACP Morris Murigo yagarutse ku buryo Polisi y’u Rwanda itihanganira uwafatiwe muri ruswa, aho yavuze ko umupolisi wese wayifatiwemo aba yataye agaciro k’ubunyamwuga kandi aba atagishoboye guha serivisi abaturage, aha akaba yaragize ati:” Duhita tumuvana ku mirimo ye kandi agakomeza gukurikiranwa ku cyaha aba yakoze.”
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Yagize ati:”Iki ni ikintu tugomba kurwanya dufatanyije, kuko ibiteza imbere umuturage bicunzwe neza, igihugu cyatera imbere byihuse. Dukeneye ko hagabanuka guhura kw’abashaka serivisi n’abayitanga.”
Iyi nama yari yanabaye mu murongo w’icyumweru cyahariwe kurwanya ruswa ku Rwego rw’Umuvunyi, yari yitabiriwe n’abayobozi bavuye muri za Minisiteri z’Ubutabera n’Ubutegetsi bw’Igihugu, Polisi y’u Rwanda, Ikigo cy’igihugu cy’Imiyoborere, Urwego rw’Umuvunyi n’Umuryango mpuzamahanga urwanya ruswa n’akarengane, Transparency International-Rwanda.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Mu bandi bitabiriye harimo Ubushinjacyaha bukuru, Ikigo cy’igihugu gishinzwe amasoko RPPA, Ikigo cy’igihugu gishinzwe imisoro n’amahoro, Ibiro by’umugenzuzi w’Imari ya Leta n’abanyamabanga nshingwabikorwa b’uturere twose .
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
@bwiza.com


