Abongereza byibuze 3,000 bari kurwana iruhande rw’Ingabo za Ukraine mu kurwanya Ingabo z’u Burusiya nk’uko byatangajwe kuri uyu wa Kabiri n’ikinyamakuru The Independent kibikesha komanda w’umutwe w’abakorerabushake b’abanyamahanga muri iyi ntambara imaze amezi hafi ane.
Mamuka Mamulashvili, uyobora uyu mutwe wiswe Georgian Legion, yabwiye abanyamakuru ko muri rusange abarwanyi b’abanyamahanga bagera mu 20,000 bari mu mitwe y’abakorerabushake b’abanyamahanga bari gufasha Ukraine.
Mamulashvili akaba avuga ko abakabakaba 3,000 muri bo ari abaturage b’u Bwongereza.
Yakomeje ahishura ko Abongereza ari bo ba kabiri benshi muri abo barwanyi b’abanyamahanga, bakurikiwe n’Abanyamerika.
U Bwongereza ariko ntabwo burashyira ahagaragara umubare w’Abongereza baba baragiye kurwana muri Ukraine.
Abahoze mu gisirikare cy’u Bwongereza ni bamwe muri aba Bongereza bagiye gufasha Igisirikare cya Ukraine. Byibuze babiri muri bo bamaze kwicirwa ku rugamba.
Jordan Gatley, w’imyaka 24, yarasiwe mu Mujyi wa Severodonetsk, umuryango we ubimenyeshwa kuwa Gatanu ushize.
Mu mpera za Mata, undi Mwongereza witwa Scott Sibley, byemejwe ko nawe yiciwe muri Ukraine. Ku mbuga nkoranyambaga inshuti ze zavuze ko nawe yahoze ari umusirikare.


