Perezida Geingob yatangaje ko iperereza nirirangira, hazafatwa icyemezo gishingiye ku itegeko mpuzamahanga

Cabo Delgado: Hatangiye iperereza ku basirikare bagaragaye bajugunya imirambo mu itanura

Sangiza iyi nkuru

Umuyobozi Mukuru w’umuryango w’akarere ka Afurika y’Amajyepfo (SADC) akaba na Perezida wa Namibia, Hage Geingob, yatangaje ko hatangiye iperereza ku basirikare bivugwa ko bari mu ntara ya Cabo Delgado muri Mozambique, bagaragaye bajugunya imirambo mu itanura ry’umuriro.

Mu minsi mike ishize, ku mbuga nkoranyambaga hasakaye videwo y’amasegonda 20 igaragaza abasirikare barimo ugaragara neza wambaye imyambaro y’igisirikare cya Afurika y’Epfo, bajugunya imirambo mu muriro ugurumana, abandi babahagarikiye bafotora.

Mu gihe hagaragaramo uwambaye ibendera rya Afurika y’Epfo, igisirikare cy’iki gihugu cyirinze kubyemeza, ariko gitangaza ko SADC yatangiye iperereza kugira ngo hamenyekane ukuri kw’iki gikorwa.

Perezida Geingob, mu itangazo yageneye abari mu bihugu bigize SADC kuri uyu wa 11 Mutarama 2023, yatangaje ko umutwe w’ingabo z’uyu muryango ziri muri Mozambique, SAMIM, watangiye iperereza kuri aya mashusho ababaje, kandi ngo nirirangira, hazafatwa ibyemezo bijyanye n’itegeko mpuzamahanga.

Yagize ati: “Ndamenyesha abantu muri rusange ko ubuyobozi bwa SAMIM bwatangiye iperereza kugira ngo bumenye ukuri ku byabaye, kandi nirirangira, umwanzuro uzashyirwa ahabona. Ndagira ngo nibutse kandi ko SADC idashyigikiye ibikorwa byagaragaye muri video, kandi ko iperereza nirirangira, SADC izafata ingamba zikwiye, bigendanye n’itegeko mpuzamahanga ry’amakimbirane yitwaje intwaro.”

Bikekwa ko iyi mirambo yatwikiwe mu gace ka Nkonga, akarere ka Nangade muri Cabo Delgado, tariki ya 29 Ugushyingo 2022.

Perezida Geingob yatangaje ko iperereza nirirangira, hazafatwa icyemezo gishingiye ku itegeko mpuzamahanga
Perezida Geingob yatangaje ko iperereza nirirangira, hazafatwa icyemezo gishingiye ku itegeko mpuzamahanga

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *