Screenshot-2024-12-07-122707-e1733567737710

CAF yateye ipine imikino APR FC na Rayon Sports zizitabira

Sangiza iyi nkuru

Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF) yatangaje ko imikino ibanza y’amajonjora ya mbere ya CAF Champions League na Confederation Cup y’uyu mwaka w’imikino wa 2025/26 izatangira hagati ya tariki ya 19 n’iya 21 Nzeri 2025.

Si ibyo gusa ahubwo n’imikino yo kwishyura izakinwa hagati ya tariki ya 26 n’iya 28 Nzeri 2025.

Iyi gahunda yatewe ipine bitewe no guha umwanya irushanwa rya CHAN riri imbere.

Mu Rwanda, APR FC izaserukira igihugu muri CAF Champions League, mu gihe Rayon Sports FC izahatana muri CAF Confederation Cup. Zombi zizakora ibishoboka byose ngo zigerere ku ntego yo kugera mu matsinda.

Ibihugu 12 bya Afurika byemerewe kugira amakipe ane muri aya marushanwa, birimo: Algeria, Angola, Libya, Maroc, Afurika y’Epfo, Sudani, Côte d’Ivoire, Nigeria, Tuniziya, Misiri, Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na Tanzaniya.

Iki ni igihe gikomeye ku makipe y’u Rwanda, ariko urugendo ruzasaba imbaraga n’ubushishozi. Ese APR na Rayon Sports bizashobora kugera kure muri aya marushanwa akomeye? Ibi bizagaragazwa n’imikino izaba muri Nzeri.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *