Urukiko rwo mu gihugu cya Cambodge kuri uyu wa Mbere rwakatiye umusenateri uva mu ruhande rutavuga rumwe n’ubutegetsi igifungo cy’imyaka 7 azira ibintu yashyize ku rukuta rwe rwa facebook. Ibi abanenga ubutegetsi bakaba bavuga ko ari ikigaragaza ukuntu guverinoma y’iki gihugu ikomeje guca intege abatavuga rumwe nayo.
[ad id=”44145″]
Hong Sok Hour, wari umusenateri uhagarariye ishyaka Cambodia National Rescue, yatawe muri yombi mu mwaka ushize wa 205 nyuma yo gushyira ku rukuta rwe rwa facebook kopi y’amasezerano agenga imipaka yo mu 1979 yashyizweho umukono hagati ya Cambodge na Viet-Nam. Minisitiri w’Intebe wa Cambodge akaba yaravuze ko iyo kopi ari impimbano ndetse ashinjwa uyu musenateri ubugambanyi.
Urukiko rwo mu mujyi wa Phnom Penh rukaba rwasanze Sok Hour ahamwa n’icyaha cyo guhimba inyandiko za leta, gukoresha inyandiko mpimbano no gushishikariza ibikorwa bibi.

Umwe mu bo mu ishyaka uyu musenateri aturukamo witwa Son Chhay, yavuze ko urukiko ruhagarariye ubutabera ku banya Cambodge bose rutigeze ruha ubutabera Hong Sok Hour kandi ngo akaba atari we urenganyijwe wenyine mu manza zifitanye isano na politiki.
[ad id=”44145″]
Mu kwezi gushize nk’uko iyi nkuru dukesha VOA isoza ivuga, undi mudepite wo ku ruhande rutavuga rumwe n’ubutegetsi witwa Um Sam Ann nawe yakatiwe gufungwa imyaka 2 n’igice nawe azira iki kibazo cy’amasezerano y’umupaka hagati ya cambodge na Viet-Nam.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Dennis Ns./Bwiza.com


