Abasirikare 74 n’abapolisi 7 kuva mu mpera za 2017 bamaze kwicirwa mu makimbirane akomeje guhuza inzego z’umutekano n’abaturage bo mu bice bikoresha Icyongereza muri Cameroun mu gihe abasivili basaga 100 nabo bishwe nk’uko imibare yatanzwe n’ubuyobozi ivuga.
Abasivili basaga 100 bamaze kwicwa guverinoma ya Cameroun ivuga ko nabo bishwe n’intagondwa z’abaturage zitwaje ibirwanisho mu gihe cy’amezi 12 mu majyaruguru y’uburengerazuba no mu majyepfo y’uburengerazuba.
Guverinoma ya Cameroun kandi ivuga ko amashuri 120 yatwitswe n’izi ntagondwa bivugwa ko zasabye kenshi abaturage kwanga kujya mu mashuri zikibasira abadashaka kubaha amabwiriza yazo.
Mu kugira icyo ikora kuri ibi bibazo, guverinoma ya Cameroun irateganya umugambi w’ubutabazi wa miliyari 12,7 z’ama CFA (hafi miliyoni 20 z’Amayero) azava kuri budjet ya leta, ndetse n’abafatanyabikorwa mpuzamahanga.
Ku rundi ruhande nk’uko Jeune Afrique dukesha iyi nkuru ikomeza ivuga, Amnesty International itangaza ko mu majyaruguru y’uburengerazuba no mu majyepfo y’uburengerazuba bwa Cameroun, imirwano imaze kumenyerwa hagati y’inzego z’umutekano n’intagondwa zitwaje ibirwanisho zivuga ko zigamije kugarura Leta ikoresha Icyongereza yigeze kuyobora igihugu hagati y’intambara ebyiri z’isi, igihugu kikiri mu maboko y’u Bwongereza. Impande zombi zihanganye zikaba zikomeje gushinjanya ubugizi bwa nabi butandukanye no gukwiza amakuru y’ibinyoma.
Muri raporo yayo yo kuwa 12 Kamena, Amnesty International yamaganye imicungire y’ibice by’igihugu bikoresha Icyongereza aho ivuga ko abaturage baheze hagati y’imiriro ibiri; hagati yo guhonyora uburenganzira bwa muntu n’ibyaha bikorwa n’inzego z’umutekano n’ubugizi bwa nabi bukorwa n’intagondwa zitwaje intwaro zitarebera izuba n’abaturage basanzwe nk’uko byemezwa na Ilaria Allegrozzi,umushakashatsi muri Amnesty International.
Ibi birego bya Amnesty Internationl bikaba biterwa utwatsi na minisitiri w’itangazamakuru wa Cameroun, Issa Tchiroma Bakary watangarije mu kiganiro n’itangazamakuru kuwa 14 Kamena ko ari ibinyoma.
Bivugwa ko mu ntangiriro za 2018 intagondwa zo mu bice bikoresha ururimi rw’Icyongereza zatangiye kujya zishimuta abakozi bal eta ndetse n’abantu bakoresha Igifaransa ndetse bakigabiza ibigo by’abanyamahanga zivuga ko bashyigikiye ubutegetsi bw’I Yaounde.
Mu gusubiza, Guverinoma ya Cameroun ikaba yarohereje abashinzwe umutekano benshi mu ntara 2 zikoresha Icyongereza mu ntara 10 zigize igihugu. Abaturage bagera mu 160,000 bataye ibyabo kubera ayo makimbirane nk’uko byemezwa na Loni, mu gihe abagera ku 34,000 bahungiye muri Nigeria.


