Canada irashinja u Bushinwa kugerageza kwivanga mu matora yabo

Sangiza iyi nkuru

Minisitiri w’Intebe wa Canada, Justin Trudeau, yashinje u Bushinwa kugerageza kwivanga mu matora y’iki gihugu. Trudeau yashinje Beijing gukina “imikino y’ubushotoranyi” kuri za demokarasi no kwibasira inzego za Canada .

Bije mu gihe ibitangazamakuru byaho bivuga ko iperereza ry Canada ryagaragaje “umuyoboro wihishe” w’abakandida bashyigikiwe na Beijing mu matora aherutse.

Nibura abakandida 11 bari bashyigikiwe n’u Bushinwa mu matora yo muri 2019, nk’uko bivugwa ko abayobozi babibwiye Trudeau.

Avuga ku bayobozi bashinzwe iperereza batavuzwe amazina, Televiziyo yo muri Canada, Global News, yatangaje ko Beijing yashoye amafaranga mu bakandida kandi ko Abashinwa bakoze nk’abajyanama mu kwiyamamaza ku bakandida benshi.

Muri dosiye imwe, inkunga y’Amadolari ya Canada ingana na 250.000 ( Amayero 160.000) yanyujijwe mu biro by’umudepite wo mu ntara ya Ontario.

Bivugwa ko iki gikorwa cyategetswe na ambasade y’u Bushinwa i Toronto, ngo yanashatse gushyira abakozi mu biro by’abadepite bari mu kazi mu rwego rwo gushaka kugira ijambo muri politiki ya Canada.

Bivugwa ko kugerageza kwivanga byibasiye amashyaka yombi akomeye; Liberal Party ya Justin Trudeau n’ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi, Conservative party. Icyakora, ntibisobanutse niba icyo gikorwa cyaragenze neza.

Hagati aho, abayobozi baa ambasade y’u Bushinwa muri Canada ntibigeze basubiza ibibazo bya Global News kuri ibyo birego.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *