Canada:Umupilote yaguye mu mpanuka y’indege z’imyiyereko

Sangiza iyi nkuru

Umuntu umwe mu bari batwaye indege ya Kompanyi CF Snowbirds zifashishwa mu birori yahitanywe n’impanuka y’iyi ndege ubwo yahanukaga ikitura ku nzu isanzwe ituwemo, naho mugenzi we akaba yakomeretse.

Ibi byabereye mu mujyi wa Kamloops mu ntara ya British Columbia aho amashusho yafashwe agaragaza ko umupilote wayo umwe yabashije kuyivamo itaragwa hasi. Iyi ndege yariri gukoreshwa mu myiyereko ishimishije yo guha icyubahiro Abanya-Canada bari mu bikorwa byo kurwanya Covid-19 nk’uko bitangazwa n’urubuga rw’ikipe y’abatwara izi ndege.

Royal Canadian Air Force (RCAF) uwapfuye yari umukozi, ibinyujije ku rukuta rwayo rwa Twitter kihanganishije iyi Kompanyi ku gihombo yagize cyo kubura umukozi ariko kinavuga ko uwakomeretse ashobora gukira kuko ibikomere bye bidahambaye.

Izi ndege zahagurutse ari ebyiri maze hadashize umwanya imwe itangira gucumba umwotsi no gufatwa n’ibibatsi by’umuriro nk’uko umwe mu babibonye yabitangarije CBC. Yagize ati” Imwe yakomeje indi tubona imyotsi ku mpande ebyiri, umwe wabonaga ari umwotsi undi ari ikibatsi cy’umuriro.”

Uyu muntu yakomeje avuga ko iyi ndege yahise ihanuka maze bakabona umwotsi mwinshi w’umukara uzamuka. Iyi ndege yikubise ku nzu ariko igwa mu busitani bw’imbere y’inzu ituwe, abayibamo basohoka biruka bagerageza kuyizimya biba iby’ubusa.

Iyi si yo ndege ya mbere igize impanuka kuko mu kwezi k’Ukwakira 2019, indi ndege nk’iyi yaguye mu gace kadatuwe muri Atlanta ho muri Amerika gusa umupilote yabashije kuyivamo itaragera ku butaka.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *