Cassien Ntamuhanga, umwe mu bareganwaga na Kizito Mihigo bagahamwa n’ibyaha birimo ibyo kurema umutwe w’abagizi ba nabi, n’ubugambanyi bwo kugirira nabi ubutegetsi buriho yatorotse gereza ya Mpanga iherereye mu karere ka Nyanza yari afungiyemo.
Aya ni amakuru atangazwa n’Urwego rushinzwe imfungwa n’abagororwa mu Rwanda(RCS) ruvuga ko batorotse ari batatu mu ijoro ryo kuri uyu wa 30 Ugushyingo.

Cassien Ntamuhanga yari yarakatiwe imyaka 25 y’igifungo, iyi foto yari akiburana
Abatorotse ni Ntamuhanga Cassien mwene Nyirajanja Raphaie na Nyirabahashyi. Akomoka mu Kagari Kabeza mu Murenge wa Muhima ho mu karere ka Nyarugenge.
Uwitwa Sibomana Kirege ni mwene Subwumwe na Nyiramiheto ukomoka mu kagari ka Birushya Umurenge Nyamyuba mu Karere ka Rubavu.
Undi ni Batambarije Theogene ukomoka mu Kagari ka Rwambongo, Umurenge wa Gatebe mu karere ka Burera.

Umuvugizi wa RCS yatangarije Umuseke ko aba bagororwa batorotse bateye ikamba inyuma ya Gereza barayurira baracika.
Ati “Mu gitondo abacungagereza babanje kubona imigozi. Ubundi icyo aba ari ikimenyetso ko hari umuntu watorotse. Hahise hatangira gukorwa iperereza, ahagana saa tanu nibwo hamenyekanye imyirondoro y’abatorotse.”
Uyu mugabo wahoze ari umunyamakuru ari n’Umuyobozi wa Radio Amazing Grace(Ubuntu butangaje) yatawe muri yombi mu 2014 ashinjwa guhungabanya umutekano w’ igihugu we na Kizito Mihigo na Jean Paul Dukuzumuremyi.
Mu rubanza rwasomwe mu 2015, Cassien, Kizito na Dukuzumuremyi bahamwe n’ibyaha byo kurema umutwe w’abagizi ba nabi, n’ubugambanyi bwo kugirira nabi ubutegetsi buriho.
Umuhanzi Kizito yakatiwe gufungwa imyaka 10, Ntamuhanga Cassien akatirwa imyaka 25 y’igifungo naho Jean Paul imyaka 30.


Ifoto y’uko bashakishwa

Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Ntakirutimana Deus/Bwiza.com


