Ikipe ya Manchester City yaraye ikatishije itike ya ½ cy’irangiza cya UEFA Champions league, nyuma yo gusezerera Bayern Mà¼nich ku giteranyo cy’ibitego 4-1.
Iyi kipe y’umutoza Pep Guardiola yari yasuye Bayern Mà¼nich yari yaratsinze ibitego 3-0 mu cyumweru gishize, mu mukino wo kwishyura warangiye amakipe yombi aguye miswi igitego 1-1.
Ni umukino waranzwe no gusatirana gukomeye hagati y’amakipe yombi, gusa igice cya mbere cyawo kirangira nta kipe ishoboye kureba mu izamu ry’indi.
Ku munota wa 34 w’umukino Manchester City yahawe Penaliti nyuma y’uko umusifuzi yari yemeje ko myugariro Dayot Upamecano yagaruje akaboko umupira wari utewe na Ilkay Gà¼ndogan, gusa rutahizamu Erling Haaland wari ku gitutu cy’abafana ba Bayern Mà¼nich ayitera hejuru y’izamu.
Guhusha iyi penaliti byahaye Bayern Mà¼nich icyizere cyo gukomeza kurwana, n’ubwo itigeze ibyaza umusaruro amahirwe menshi y’ibitego yagiye ibona biciye ku barimo Kingsley Koman, Erik-Maxim Chupo Moting, Joà£o Cancelo na Leroy Sané.
Byasabye umunota wa 57 w’umukino ngo Man City irangize burundu inzozi za Bayern biciye kuri Haaland.
Ni ku mupira uyu munya-Norvège yari ahawe na Kevin De Brurye wari ukoze Contre-Attaque, nyuma y’umupira wa Kingsley Koman umunyezamu Ederson Moraes yari amaze gukuramo.
Ni igitego mu buryo bw’imibare cyasaga n’ikirangije indoto za Bayern, gusa abakinnyi bayo bakomeza kurwana kugeza ku munota wa nyuma.
Mathys Tel yatsindiye igitego iyi kipe y’umutoza Thomas Tà¼chel gusa umusifuzi acyanga avuga ko yari yabanje kurarira, mbere y’uko Joshua Kimmichi ayishyurira ku munota wa 83 w’umukino.
Ni igitego uyu musore ukina hagati mu kibuga yatsinze kuri penaliti, nyuma y’uko myugariro Manuel Akanji yari amaze gukora umupira n’akaboko ari mu rubuga rw’amahina.
Manchester City nyuma yo gusezerera Bayern Mà¼nich izahurira muri ½ cy’irangiza na Real Madrid yasezereye Chelsea ku giteranyo cy’ibitego 4-0.
Ni umukino iyi kipe ya Guardiola ikeneye kwihoreraho kuri Real Madrid, nyuma yo kuyisezerera mu buryo butunguranye (ku bitego 6-5) ubwo amakipe yombi yahuriraga muri ½ cy’irangiza cya Champions league mu mwaka ushize.


