Chelsea igeze aharindimuka yirukanye umutoza

Sangiza iyi nkuru

Ikipe ya Chelsea FC yamaze gutandukana na Graham Potter wari umutoza wayo mukuru, nyuma y’igihe yitwara nabi muri shampiyona y’Abongereza.

Iyi kipe y’i Londres yirukanye uyu mutoza wari uyimazemo amezi arindwi yonyine, mu gihe muri Nzeri umwaka ushize ari bwo yari yaramusinyishije amasezerano y’imyaka itanu.

Mu mikino 22 yari amaze kuyitoza irindwi muri yo yonyine ni yo yashoboye gutsinda.

Umuherwe wa Chelsea Todd Boehly mu itangazo yasohoye kuri iki cyumweru yavuze ko “mu izina rya buri wese mu kipe, turagira ngo dushime Graham byimazeyo ku bw’umusanzu we muri Chelsea. Dufitiye icyubahiro cyinshi Graham nk’umutoza ndetse n’umuntu. Buri gihe yarangwaga n’ubunyamwuga ndetse n’ubunyangamugayo kandi twese tubabajwe n’iki cyemezo.”

Graham Potter yirukanwe na Chelsea nyuma y’amasaha make iyi kipe itsinzwe na Aston Villa ibitego 2-0, mu mukino w’umunsi wa 29 wa shampiyona y’Abongereza watumye ihita ifata umwanya wa 11 muri shampiyona.

Uyu mutoza nyuma yo kwirukanwa yahise asimburwa by’agateganyo na Bruno Saltor wahoze ari myugariro w’Ikipe ya Brighton & Hove Albion.

Ntibiramenyekana niba uyu mutoza ari we ugomba gutoza Chelsea ubwo izaba yesurana na Real Madrid mu mikino ibiri ya ¼ cy’irangiza cya UEFA Champions league.

Amakuru cyakora cyo avuga ko umutoza Julian Nagelsmann uheruka kwirukanwa na Bayern Mà¼nich bishobora kurangira ari we ugizwe umutoza mukuru wa Chelsea.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *