Chili yiteguye gushyigikra Afrika y’Epfo mu kurega Isirayeli

Sangiza iyi nkuru

Ku wa gatandatu, Perezida wa Chili, Gabriel Boric, mu ijambo yagejeje kuri Kongere y’igihugu i Valparaiso, yatangaje ko Chili izashyigikira ikirego cya Afurika yepfo kirega Isiraheli mu rukiko mpuzamahanga rw’i La Haye.

Mu ijambo ryamaze amasaha arenga abiri n’igice, Boric yavuze ko iki cyemezo gishingiye ku masezerano y’umuryango w’abibumbye ya jenoside.

Iri tangazo ryateje abantu benshi ibitekerezo, abadepite bamwe batavuga rumwe n’ubutegetsi bava mu cyumba bigaragambya kubera kutemereanye na we.

Usibye iri tangazo, Boric yatangaje ko umwaka urangiye azashyira Kongere umushinga w’itegeko ryo gukuramo inda mu buryo bwemewe n’amategeko, bisa no gushyira mu bikorwa ibyo yemereye abaturage igihe yiyamamazaga.

Yagaragaje kandi ko yamagana ikoreshwa ry’ubucuruzi ry’amabuye y’agaciro na hydrocarbone muri Antaragitika, ashimangira ko Chili izakorana n’ibindi bihugu byashyize umukono kuri ayo masezerano kugira ngo hubahirizwe iryo hame.

Byongeye kandi, Boric yatangaje ko agiye kwihutisha umushinga wo guhuhura abarwayi (euthanasie) kandi ko Chili iziyamamariza gutegura imikino Olempike mu 2036.

Bwiza.com

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *