Col. Doumbouya yavuze ko abasirikare be batazarekura Alpha Condé

Sangiza iyi nkuru

Komanda w’abasirikare badasanzwe bahiritse ubutegetsi bwa Alpha Condé muri Guinée Conakry, Colonel Mamady Doumbouya yamenyesheje amahanga ko batazigera barekura uyu wahoze ari Umukuru w’Igihugu n’ubwo bakomeza gushyirwaho igitutu.

Ni igisubizo yahaye itsinda ry’abayobozi bari bahagarariye umuryango w’akarere ka Afurika y’Iburazuba, ECOWAS, bari bayobowe na Perezida wa Ghana, Nana Akufo-Addo ubwo basuraga Alpha Condé uri mu maboko y’aba basirikare kuva bahirika ubutegetsi bwe.

Perezida Addo uyobora uyu muryango nyuma yo guhura na Condé, yabwiye itangazamakuru ko yasanze ameze neza. Ati: “Nahuye n’umuvandimwe Alpha Condé, ameze neza. Tuzakomeza kuvugana.”

Izi ntumwa za ECOWAS kandi zaganiriye na Col. Doumbouya, zimusaba ko abasirikare be barekura Condé, akava mu gihugu, arabatsembera. Uyu musirikare yabihamirije mu ijambo yavugiye kuri televiziyo y’igihugu ati: “Uwahoze ari Perezida ari muri Guinea kandi azagumamo. Ntabwo tuzigera duterwa ubwoba n’igitutu.”

Aba basirikare bahiritse ubutegetsi bwa Condé tariki ya 5 Nzeri 2021, ECOWAS irabamagana ndetse yambura iki gihugu ubunyamuryango mu buryo bw’agateganyo.

Ntabwo Deutsche Welle dukesha iyi nkuru yasobanuye impamvu aba basirikare banze kurekura Condé gusa byashoboka ko babitewe n’uko yanze gushyira umukono ku nyandiko imweguza ku mwanya wo kuyobora igihugu, aho yavuze ko aho kugira ngo abikore yashobore akicwa.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *