Côte d’Ivoire: Uwari Guverineri wa Abidjan yagizwe Minisitiri w’Intebe

Sangiza iyi nkuru

Kuri uyu wa Mbere, Guverineri w’umurwa mukuru w’ubukungu, Abidjan, wahoze ayobora komisiyo yigenga y’amatora (CEI), Robert Beugré Mambé, yagizwe Minisitiri w’Intebe mushya wa Côte d’Ivoire kandi biteganijwe ko azashyiraho guverinoma nshya mu cyumweru, mu gihe habura imyaka ibiri ngo habe amatora ataha ya perezida.

Perezida Alassane Ouattara yasabye Minisitiri w’intebe mushya “gusshyiraho guverinoma nshya vuba bishoboka”, nk’uko byatangajwe n’umunyamabanga mukuru wa Perezida, Abdourahmane Cissé, asoma iteka ryashyizeho Mambé.

Robert Beugré Mambé, ufite imyaka 71, azwi cyane muri Côte d’Ivoire kubera kuba yarabaye perezida wa CEI hagati ya 2005 na 2010, mbere y’ikibazo gikomeye nyuma y’amatora yo mu 2010-2011. Yatangiye uyu murimo w’ingenzi mu gihugu cyacitsemo ibice kandi yirukanwa ku mirimo ye amezi make mbere y’amatora ya perezida.

Aya matora yatumye habaho ubushyamirane hagati y’abashyigikiye Alassane Ouattara, watsinze ndetse n’aba Perezida wari ucyuye igihe, Laurent Gbagbo, hapfa abantu barenga 3.000nk’uko iyi nkuru dukesha VOAAfrique ibyibutsa.

Umubwirizabutumwa w’Umuporotesitanti, akaba na se w’abana 4, Robert Beugré Mambé yabaye Guverineri w’Akarere ka Abidjan kuva mu mwaka wa 2011, aho yagenzuye impinduka zikomeye z’umurwa mukuru w’ubukungu wa Cote d’Ivoire.

Yatorewe kuba depite mu 2018, yazamuwe mu ntera mu 2022 mu ishyaka Rassemblement des Houphouetistes pour la Démocratie et la Paix (RHDP), riri ku butegetsi, imbere ya nimero ya 3 muri iri shyaka.

Mambé wavukiye Abiaté, hafi ya Dabou (mu majyepfo), agaragaza isura y’abaturuka mu majyepfo y’igihugu, kimwe n’uwamubanjirije Patrick Achi, mu ishyaka RHDP rifite ibirindiro bikomeye rikuramo amajwi mu majyaruguru. Uyu kandi yinjiye muri iri shyaka nyuma yo kwitandukanya n’ishyaka riharanira demokarasi rya Côte d’Ivoire (PDCI), ryahoze ari ishyaka rukumbi ubu akaba ari ryo shyaka rikomeye ritavuga rumwe n’ubutegetsi.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *