Covid-19 ikwirakwira byihuse iri kwibasira Afurika_WHO

Sangiza iyi nkuru

Umuyobozi w’umuryango mpuzamahanga wita ku buzima (WHO) ku mugabane wa Afurika, Dr Matshidiso Moeti aherutse gutangaza ko uyu mugabane uri kwibasirwa n’icyorezo cya Covid-19 kiri gukwirakwira mu buryo bwihuse burenze ubushobozi bw’ibihugu bimwe na bimwe.

Dr Moeti mu kiganiro n’itangazamakuru cyabaye tariki ya 24 Kamena 2021 yavuze ko kuri uyu mugabane hari izamuka rikabije ry’umubare w’abandura Covid-19 uhereye tariki ya 3 Gicurasi 2021 ubwo inkubiri yacyo ya gatatu y’ubwandu bwayo yatangiraga.

Yavuze ko kuva tariki ya 3 Gicurasi 2021 kugeza tariki ya 20 Kamena, muri Afurika hari hamaze kuboneka abanduye bashya 474,000, wagereranya n’iminsi 48 yabanjirije iyi nkubiri, ugasanya hariyongereyeho ubwandu ku kigero cya 21%.

Dr Moeti yavuze ko ubu ibihugu 12 ari byo Covid-19 yarushije imbaraga, ku isonga hakabamo Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC), Zambia Uganda, ahabonetse ubwandu bwinshi bwa Covid-19 yihinduranyije bwahawe izina rya Delta, iyi ikaba yarabonetse bwa mbere mu Buhinde.

Dr Moeti yavuze ko byibuze ibihugu 20 ari byo bishora kwibasirwa n’iyi nkubiri nshya ya Covid-19.

Yagize ati: “Inkubiri ya gatatu yaje kandi ibihugu byinshi ntibyiteguye. Bityo rero, inkubiri ya gatatu ni mbi kurushaho. Izana umuvuduko, ikwirakwira byihuse, irazahaza cyane. Bitewe n’umubare w’abandura uzamuka cyane, iyi nkubiri irasa n’aho ari yo mbi cyane kuri Afurika kurusha izindi.”

Dr Moeti yavuze ko n’ubwo iyi nkubiri itoroshye, Afurika ikeneye byihuse inkingo zo guhangana nayo, aho zaba zituruka hose. Kuri we, si ngombwa gutegereza izizava muri gahunda ya COVAX igamije kuzigeza mu bihugu biri mu nzira y’iterambere.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *