Abaguye mu gitero cy’i Muramvya barenga 15

Mu ijoro ry’ejo tariki ya 26 Kamena 2021 ni bwo abagizi ba nabi bitwaje intwaro bateze igico imodoka zirimo bisi ntoya yo mu bwoko bwa Toyota Hiace yari itwaye abagenzi, n’indi modoka ntoya ya Toyota Probox, muri Komini Rutegama mu ntara ya Muramvya mu Burundi. Amakuru yabanje gusakara ku mbuga zitandukanye zo mu Burundi, yavugaga […]

Uganda yamaganye amakuru avuga ko Museveni yajyanwe mu Budage, arembye

Leta ya Uganda yahakanye inamagana amakuru yacaracaye ku mbuga nkoranyambaga kuri uyu wa 26 Kamena 2021 yavugaga ko Perezida Yoweri Kaguta Museveni yihutishirijwe mu Budage kugira ngo yitabweho n’abaganga. Aya makuru yitiriwe igitangazamakuru NTV ishami rya Uganda, yavugaga ati: “Perezida wa Uganda byavuzwe ko indege yamujyanye mu Budage arembye, nyuma yo kugira ibibazo byo guhumeka […]

Lt. Gen. Muganga yaciye amarenga ko agiye gusezera ku buyobozi bwa APR FC

e3d6dgewuaq_pmc-d0d15.jpg

Lt. Gen. Mubarakh Muganga kuri uyu wa 27 Kamena 2021 yaciye amarenga ko yaba agiye gusezera ku nshingano y’ubuyobozi bukuru bwa APR FC, ikipe iri mu cyiciro cya mbere cya shampiyona y’umupira w’amaguru mu Rwanda. Nk’uko tubikesha umunyamakuru Jean Luc Imfurayacu, Gen. Muganga yabitangarije abagize Inteko Rusange y’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda, FERWAFA, asobanura uku […]

Gicumbi: Umusore yasohoreye ku mugore mu isoko, arakubitwa, ati ‘namwe byababaho’

Umusore ufite imyaka 22 y’amavuko wari mu isoko mu karere ka Gicumbi kuri uyu wa 26 Kamena 2021 yasohoreye ku mugore w’undi mugabo, abwira abamutaye muri yombi ko ibyamubayeho ntawe bitabaho. Igitangazamakuru Igicumbi News kivuga ko byabaye hafi saa kumi z’umugoroba ubwo uyu mugore wari kumwe n’umugabo we yari yunamye, ari guhaha amasahani, yumva igitsina […]

Abantu 120 bamaze gutabwa muri yombi bakekwaho uruhare mu rupfu rwa Simba Ngezayo

Abantu 120 ni bo bamaze gutabwa muri yombi bakekwaho kugira uruhare mu rupfu rwa Simba Ngezayo wari umushoramari ukomeye mu mujyi wa Goma uri mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC). Umwavoka w’umuryango wa Simba wemereje itangazamakuru aya makuru, yavuze ko aba batawe muri yombi kuva mu Gushyingo 2020 ubwo nyakwigendera yari amaze […]

Ange Kagame mu bakuriye ingofero Perezida Kagame wavugiye Igifaransa i Goma

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yakuriwe ingofero n’abarimo Ingabire Ange Kagame usanzwe ari umukobwa we, nyuma yo kugerageza kuvugira Igifaransa i Goma. Mu busanzwe Perezida Kagame asanzwe ari mwiza cyane mu rurimi rw’Icyongereza, ndetse imbwirirwaruhame ze nyinshi akunze kuzivuga muri uru rurimi iyo atakoresheje Ikinyarwanda. Mu ruzinduko Perezida Kagame yagiriye i Goma muri Repubulika Iharanira […]

Rusizi: Imiti ijyanywe ku kigo nderabuzima cya Nkanka igera ubwo icumbikishirizwa kubera umuhanda mubi

Uyu mubyeyi avuga ko kugira ngo imbangukiragutabara igeze kubitaro bya Gihundwe ugiye kuhabyarira avuye kuri iki kigo nderabuzima biba ari aha Nyagasani.

Abagana ikigo nderabuzima cya Nkanka kiri mu murenge wa Nkanka mu karere ka Rusizi bavuga ko mu bihe by’imvura kugira ngo imbangukiragutabara izave ku bitaro bya Gihundwe ize kutwara umurwayi urembye cyane cyangwa umugore uri kunda imukuye kuri iki kigo nderabuzima agere ku bitaro amahoro biba ari aha Nyagasani kubera umuhanda Kamembe-Nkanka wangiritse cyane,ubuyobozi bw’iki […]

Covid-19 ikwirakwira byihuse iri kwibasira Afurika_WHO

Umuyobozi w’umuryango mpuzamahanga wita ku buzima (WHO) ku mugabane wa Afurika, Dr Matshidiso Moeti aherutse gutangaza ko uyu mugabane uri kwibasirwa n’icyorezo cya Covid-19 kiri gukwirakwira mu buryo bwihuse burenze ubushobozi bw’ibihugu bimwe na bimwe. Dr Moeti mu kiganiro n’itangazamakuru cyabaye tariki ya 24 Kamena 2021 yavuze ko kuri uyu mugabane hari izamuka rikabije ry’umubare […]

Umucuruzi w’Umunyarwanda aroroherezwa kurusha Umunyekongo_Imwe mu mpamvu RDC yifuza kwinjira muri EAC

Perezida wa Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC), Félix Tshisekedi, yagaragaje ko imwe mu mpamvu igihugu cye cyifuza kwinjira mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba ari ukugira ngo abacuruzi bacyo boroherezwe nk’uko bikorerwa ababa mu bihugu biwugize barimo Abanyarwanda. Uyu Mukuru w’Igihugu yabitangarije mu kiganiro n’itangazamakuru kuri uyu wwa 26 Kamena 2021 ubwo yabazwaga ku mpamvu […]

Kicukiro: Uwanduye Covid-19 yafatiwe muri resitora, asangira n’undi

Polisi y’u Rwanda yatangaje ko kuri uyu wa 26 Kamena 2021 yafatiye muri resitora iherereye mu Murenge wa Nyarugunga w’Akarere ka Kicukiro umukobwa witwa Umugwaneza Liliane byagaragaye ko yanduye Covid-19, asangira n’umusore. Uyu mukobwa wari ufite urugendo, ngo yagiye kwipimisha Covid-19 ku ivuriro ryo kwa Kanimba riherereye mu mujyi wa Kigali tariki ya 25 Kamena […]

Simbona ko cyatunanira_Perezida Kagame ku kibazo cy’umutekano muke muri RDC

Kuri uyu wa 26 Kamena 2021 ubwo Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yari mu ruzinduko mu mujyi wa Goma muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) yavuze ko hari ubushobozi bwo gukemura burundu ikibazo cy’umutekano muke kimaze igihe mu burasirazuba bw’iki gihugu cy’abaturanyi. Umukuru w’Igihugu yabitangarije mu kiganiro n’itangazamakuru ubwo we na Perezida […]

Burundi: Imodoka 8 zaguye mu mutego w’abitwaje intwaro, zimwe ziratwikwa

Mu masaa mbiri y’ijoro ryo kuri uyu wa 26 Kamena 2021, imodoka umunani zari zitwaye abagenzi zaguye mu mutego w’abitwaje intwaro,ubwo zari zigeze muri Komine Rutegama iri mu Ntara ya Muramvya, bamwe bahasiga ubuzima, abandi barakomereka cyane. Urubuga SOS ruvuga ko ubwo izi modoka zageraga aho abitwaje intwaro bari bazitegeye, bahise batwikamo ebyiri zirimo bisi […]