cr-3.jpg

Cristiano Ronaldo yatsinze igitego, yerekwa ikarita y’umuhondo

Sangiza iyi nkuru

Rutahizamu w’ikipe y’umupira w’amaguru ya Portugal, Cristiano Ronaldo, kuri uyu wa 27 Werurwe 2021 yatsinze igitego, umusifuzi aracyanga, arangije amwereka ikarita y’umuhondo.

Byabaye ubwo ikipe ya Portugal yakinaga na Serbia mu irushanwa ryo gushakaitike y’iry’igikombe cy’Isi rizabera muri Qatar mu mwaka utaha.

Iki gitego Cristiano yari agitsinze ku munota wa 3 w’inyongera, aho cyagombaga guhesha Portugal insinzi kuko iminota 90 yari yarangiye amakipe yombi anganya ibitego 2-2.

Gusa ubwo yagitsindaga, umusifuzi Danny Makkelie yacyanze avuga ko umupira utigeze urenga umurongo w’izamu, ariko amashusho yo akaba yerekana mwugariro Stephan Mitrovic wa Serbia awukura inyuma y’uyu murongo, mu buryo bugaragarira buri wese.

Icyemezo cy’umusifuzi cyatumye Cristiano atera amahane, ikaba ari nayo mpamvu yeretswe ikarita y’umuhondo ku munota wa 4 w’inyongera.

cr-3.jpg

Hari ikoranabuhanga ryagombaga kwifashishwa mu kwemeza iki gitego ririmo Goal Line na VAR, ariko nta na rimwe ryigeze ryifashishwa. Igitangazamakuru Euro Sports kivuga ko umusifuzi nyuma yo gufata iki cyemezo, yaba yasabye imbabazi Portugal.

Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV


Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *