Cristiano yanze akayabo yahawe n’Ubwami bwa Arabia Saoudite

Sangiza iyi nkuru

Umukinnyi w’umupira w’amaguru mu Ikipe ya Juventus, Cristiano Ronaldo yanze $ miliyoni esheshatu buri mwaka yari yahawe n’Ubwami bwa Arabia Saoudite ngo abumenyekanishirize ubukerarugendo ku Isi.

Amakuru BWIZA ikesha Telegraph avuga ko Arabia Saoudite yari yemeye guha Cristiano ayo mafaranga ndetse ikazajya ikoresha amafoto ye kuri buri kimwe cyose imenyekanisha hakiyongeraho ko yagirira uruzinduko muri iki gihugu.

Mu mpamvu zikekwa ko yanze aka kayabo, ni uko azi neza ko iki gihugu gihonyora uburenganzira bwa muntu. Aba nabo bari biyegereje Ronaldo mu guhisha amabi yabo bajijisha rubanda.

Telegraph ivuga ko na Messi yegerewe ngo ahabwe aka kayabo ariko bose bakaba barayumyeho, ntibasubize Arabia Saouidite. Ntibiramenyekana imyaka aya masezerano yari kumara.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *