Minisitiri w’umurimo muri Cuba, Marta Elena Feitó Cabrera, byabaye ngombwa ko yegura ku mirimo ye nyuma yo gutangaza ko kuri iki kirwa kiyobowe n’Abakomunisiti nta basabirizi bahaba.
Minisitiri yari yavuze ko muri Cuba nta “basabirizi” bahaba kandi n’ababikora ari abantu bahisemo gushaka “amafaranga yoroshye”, nk’uko yabivuze.
Amagambo ye yavugiwe mu nama y’abadepite, yanenzwe cyane n’Abanya Cuba mu gihugu ndetse no mu mahanga, bituma perezida w’icyo kirwa, Miguel Díaz-Canel afata umwanzuro. Uyu minisitiri w’umugore yahise yegura bidatinze.
Iyi nkuru dukesha BBC ivuga ko urwego rw’ubukene n’ibura bw’ibiribwa bwarushijeho kwiyongera muri Cuba kuko ikomeje guhangana n’ikibazo gikomeye cy’ubukungu.
Feitó Cabrera yatangaje ibi mu ntangiriro z’iki cyumweru mu nama y’Inteko ishinga amategeko.
Yagize ati: “Nta basabirizi baba muri Cuba. Hari abantu bigira abasabirizi kugira ngo babone amafaranga yoroshye”.
Byongeye kandi, Feitó Cabrera yashinje abantu bashakisha amaramuko mu myanda “gukora ibikorwa byo gushaka ibikoresho byakoreshejwe bisubirwamo mu buryo butemewe”.
Minisitiri ntabwo yatekereje uburakari n’umujinya ibitekerezo bye byatera ndetse n’uko byagaragaje ubuyobozi bw’igihugu nk’ubutita ku baturage, kandi ari ubw’igitugu.
Perezida Díaz-Canel yanenze Feitó Cabrera mu nama y’abadepite, nubwo atavuze izina rye, avuga ko ubuyobozi budashobora kwitandukanya n’ukuri” kw’abaturage.


