Elon Musk yemeye kugarura konti ya Donald Trump kuri Twitter, nyuma hafi y’imyaka ibiri uwahoze ari perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika ahagaritswe kuri uru rubuga nkoranyambaga azira gushishikariza urugomo .
Ibi byagezweho ku wa Gatandatu nyuma y’uko Musk, nyiri uru rubuga nkoranyambaga mushya, akoresheje amatora kuri internet benshi bagashyigikira ko Trump agaruka kuri twitter.
Abantu barenga miliyoni 15 batoye mu matora abaza niba konti ya Trump igomba gusubizwaho, abagera kuri 51.8 ku ijana bakaba batoye bemera ko agaruka.
“Abantu bavuze. Trump azagarurwa. ”, ibi ni ibyo Musk yanditse kuri Twitter.
Ariko ku wa Gatandatu, Trump yavuze ko nta nyungu afite zo gusubira kuri uru rubuga nk’uko tubikesha Al Jazeera.
Abajijwe niba ateganya gusubira kuri Twitter mu nama ngarukamwaka y’ihuriro ry’Abayahudi b’Abarepubulikani, uwahoze ari perezida yagize ati: “Ntabwo mbona impamvu yabyo.”
Trump yavuze ko azakomeza gukoresha urubuga rwe rushya Truth Social, porogaramu yatunganijwe na Trump Media & Technology Group (TMTG), avuga ko ifite imikoreshereze myiza y’abarukoresha kurusha Twitter kandi ko ikora “mu buryo budasanzwe”.
Trump, watangaje kuri uyu wa Kabiri ushize ku mugaragaro ko yifuza gusubira muri White House mu 2024, na we yashimye Musk avuga ko yahoze amukunda.


