Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yemeje ko aziyamamariza indi manda y’Umukuru w’Igihugu mu matora ataha azaba mu 2024.
Ni nyuma yo kugerageza amahirwe mu matora yabaye tariki ya 3 Ugushyingo 2020, agatsindwa na Joe Biden bari bahanganye cyane.
Ibitangazamakuru nka Politico kuri uyu wa 1 Ukuboza 2020 byatangaje ko Perezida Trump n’abandi bayobozi bakuru b’ishyaka rya Republican bakoreye ibirori by’imyiteguro ya Noheli mu ngoro ya White House.
Uyu Mukuru w’Igihugu yafashe ijambo, abwira aba bayobozi ko azongera guhura nabo mu myaka ine iri imbere. Ati: “Yari imyaka ine y’igitangaza. Turi kugerageza gushaka indi myaka ine. Ku rundi ruhande, tuzongere tubonane mu myaka ine.”
Perezida Trump wemeza ko amatora aheruka yabayemo uburiganya, aherutse kwemeza ko azahererekanya ububasha na Biden, mu gihe inteko zitora (electoral colleges) zizaba zemeje ko [Biden] yatsinze.
Ni mu gihe leta zitandukanye zikomeje kwerekana ko ibyavuye muri aya matora ari ukuri, nta kigomba guhindukaho.


