Rwanda: Umuntu wa 50 yishwe na Covid-19

Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda kuri uyu wa 2 Ukuboza 2020 yatangaje ko umugabo w’imyaka 45 yiciwe na Covid-19 i Kigali, akaba yabaye uwa 50 wishwe n’iki cyorezo muri iki gihugu. Ni mu gihe abanduye ari 46 badimo 29 babonetse i Kigali, 7 babonetse muri Rwamagana, 4 babonetse i Musanze, 3 babonetse i Rubavu, uwabonetse muri […]
Ibirenga 5 wakwirinda kugira ngo ugabanye ibyago byo kwandura kanseri

Kanseri ni uruhurirane rw’indwara zihitana ubuzima bwa benshi ku Isi, mu gihe idakumiriwe hakiri kare. Nk’uko imibare y’Umuryango Mpuzamahanga wita ku buzima (OMS) ubigaragaza, nko mu 2018 kanseri yishe abantu miliyoni 9.6 kandi bigaragara ko bagenda biyongera, ugereranyije no mu 2015, aho yishe miliyoni 8.8. Kwandura kanseri, usanga ahanini biterwa n’imyitwarire y’umuntu, cyane cyane ku […]
Turakuze bo kurongorwa, ariko abagabo baradutinya_Inkumi z’abaforomo
Itsinda ry’abaforomo b’uburanga bo mu gihugu cya Ghana, basabye abagabo babifitiye ubushobozi kubarongora, nyuma yo kugera mu gihe cy’ubukure bakabura abatinyuka kubatereta. Aba baganga babwiye urubuga FN News Room ko bakuze byo kurongorwa, gusa bakaba barabuze abagabo bafite gahunda yo kubagira abagore. Ziriya nkumi zabwiye kiriya gitangazamakuru ko abagabo bo muri Ghana babatinya, ibituma imiryango […]
Nyamagabe: Isuku nke n’umuvundo byugarije isoko rikomeye rya Ryarubondo

Abacuruzi bakorera mu isoko ry’amatungo rya Ryarubondo riherereye mu Murenge wa Tare w’Akarere ka Nyamagabe ndetse n’abarirema, barinubira isuku nke iterwa n’ibinogo birimo ndetse n’umuvundo uterwa n’ubuto bwaryo; mu gihe bahamya ko ryakabaye ritunganwa neza bashingiye ku kuba ryinjiza amafaranga menshi. Baganira n’umunyamakuru kuri uyu wa Kabiri tariki ya 1 Ukuboza 2020, baragagaje akababaro batewe […]
Akarengane na ruswa bidindiza iterambere ry’Abanyarwanda_Perezida Kagame
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yagaragaje ko akarengane na ruswa biri mu bibangamira uburenganzira bw’ibanze n’iterambere ry’Abanyarwanda; asaba Umuvunyi Mukuru kwita kuri kiriya kibazo. Umukuru w’Igihugu yabigarutseho kuri uyu wa Gatatu, ubwo yakiraga indahiro ya Madamu Nirere Madeleine uheruka kugirwa Umuvunyi Mukuru. Inama y’Abaminisitiri yo ku wa 11 Ugushyingo 2020 ni yo yemeje Nirere Madeleine […]
Sahara Marocain : le vice-président de la Chambre des députés tchèque soutien la légitimité de l’action marocaine à El Guergarat
Le vice-prĂ©sident de la Chambre des dĂ©putĂ©s tchèque et prĂ©sident du Groupe d’amitiĂ© TchĂ©quie-Maroc, Monsieur Vojtech Filip a affirmĂ©, Ă l’issue d’une rĂ©union avec l’Ambassadeur du Maroc en RĂ©publique tchèque, Mme Hanane Saadi, que « le blocage de la libre circulation des personnes et des biens par le “polisario” menace non seulement les droits lĂ©gitimes du […]
CNLG yamaganye inkuru ishinja abarimo Perezida Kagame ibyaha by’intambara
Komisiyo y’Igihugu yo kurwanya Jenoside (CNLG), yamaganye inkuru iheruka gutambuka mu bitangazamakuru mpuzamahanga ishinja Perezida wa Repubulika, Paul Kagame n’abandi bayobozi bakuru mu ngabo z’u Rwanda ibyaha by’intambara. Ni inkuru yanditswe n’abanyamakuru Judi Rever na Benedict Moran mu mpera z’ukwezi gushize, itambuka mu binyamakuru bikomeye mu gihugu cy’Ubwongereza nka The Guardian na The Mail. Abashinje […]
Umurinzi wa Bobi Wine aravugwaho kugerageza kumwiyicira

Umurinzi bwite wa Depite Robert Kyagulanyi (Bobi Wine) witwa Nobert Elba Ariho aravugwaho gushaka kumwiyicira kuri uyu wa 1 Ukuboza 2020 , Imana igakinga akaboko. Chimp Reports ivuga ko iri sanganya ryabereye mu Karere ka Kayunga ubwo Bobi Wine yateranaga amagambo n’abashinzwe umutekano bamuhagarikaga ubwo yashaka kujya kwiyamariza umwanya w’Umukuru w’Igihugu. Iki gitangazamakuru kivuga ko […]
Abiga muri Kaminuza ya Gitwe baheze mu gihirahiro, ntibazi niba bazongera kwiga
Abanyeshuri biga muri Kaminuza ya Gitwe bavuga ko baheze mu gihirahiro, ku buryo batazi niba amasomo bazayasubukura nk’uko mu zindi kaminuza zigenga byagenze mu mezi akabakaba abiri ashize. Amashuri kuva ku y’incuke kugeza ku makuru na za kaminuza zose, byafunzwe muri Werurwe nyuma y’aho umuntu wa mbere mu Rwanda yari amaze kugaragaraho icyorezo cya Covid-19. […]
Murumuna wa Perezida Museveni yareze NRM mu rukiko
Umuvandimwe wa Perezida wa Uganda, Yoweli Kaguta Museveni witwa Godfrey Aine Kaguta yareze ishyaka rya mukuru, we NRM mu nkiko ku bwo kumwambura guhagararira iri shyaka mu gace ka Mawogola y’Amajyaruguru. Murumuna wa Museveni uzwi nka SODO yaregeye urukiko rukuru rwa Kampala, kuwa 25 Ugushyingo 2020. Ni nyuma y’aho NRM yari yateye utwatsi intsinzi ya […]
Donald Trump yemeje ko aziyamamariza indi manda mu 2024
Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yemeje ko aziyamamariza indi manda y’Umukuru w’Igihugu mu matora ataha azaba mu 2024. Ni nyuma yo kugerageza amahirwe mu matora yabaye tariki ya 3 Ugushyingo 2020, agatsindwa na Joe Biden bari bahanganye cyane. Ibitangazamakuru nka Politico kuri uyu wa 1 Ukuboza 2020 byatangaje ko Perezida Trump […]
Boko Haram yigambye kwica abahinzi 78 i Maiduguri
Umutwe wa Boko Haram w’intagondwa ziyitirira Isilamu wasohoye videwo nshya uvuga ko abarwanyi bawo bishe abahinzi (cyangwa abirimizi mu Kirundi) 78 i Zabarmari hafi y’umujyi wa Maiduguri, mu majyaruguru ashyira uburasirazuba bwa Nigeria. Ku wa gatandatu, abagabo bitwaje intwaro bari kuri moto bagabye igitero cya kinyamaswa ku bahinzi barimo basarura umuceri. Kugeza ku cyumweru, imirambo […]
UEFA Champions league: Real Madrid na Inter Milan mu mazi abira
Amakipe ya Real Madrid yo muri Espagne na Inter Milan yo mu gihugu cy’Ubutaliyani, akomeje kujya mu mazi abira nyuma yo kwitwara nabi mu mikino y’amatsinda ya UEFA Champions league. Mu ijoro ryakeye iyi mikino yari yakomeje kuva mu tsinda A kugeza mu rya D, hakinwa imikino ibanziriza iya nyuma y’amatsinda. Ikipe ya Real Madrid […]