Donald Trump yongeye gutsindira Nikki Haley mu matora y’ibanze yo gushaka umukandida uzahagararira Abarepubulikani mu matora ya perezida muri Leta ya New Hampshire k majwi 54% kuri 44%, nyuma yo kumutsindira muri Iowa.
Ni indi ntsinzi ikomeye ku wahoze ari perezida kandi imushyira ku mwanya w’imbere mu bahatanira kuzavamo umukandida perezida w’ishyaka mu matora yo mu Gushyingo nk’uko tubikesha BBC.
Umuntu wa nyuma usigaye uhanganye na Trump, Nikki Haley, agira ati “iri siganwa riri kure yo kurangira” yongeraho ati: “Ndi indwanyi kandi ndumiwe”.
Ariko Trump avuga ko Haley “yagize ijoro ribi” kandi ko “yateguraga ijambo nk’uwatsinze” ubwo yazanaga na Vivek Ramaswamy bahoze bahanganye na Tim Scott kugira ngo bamushyigikire.
Mu kiganiro cye mbere yo guhagarika kwiyamamaza, Trump uwari imbere yabwiye abanyamakuru ati: “Simbyitayeho” niba Haley agumye muri iryo siganwa, yongeraho ati “reka akore ibyo ashaka byose”.
Biteganijwe kandi ko Joe Biden azatsindiira kongera guhagararira Abademokarate, ariko kubera imirwano iri imbere mu ishyaka buri kintu kirashoboka.


