Dore igihombo gikabije Barca ishobora guterwa no kugenda kwa Lionel Messi

Sangiza iyi nkuru

Gusohoka kwa Messi muri Barcelona gushobora kuyihombya akayabo ka miliyoni 137 z’Amayero ku isoko ry’imigabane bingana n’agaciro ka miliyari 1,266 ifite nk’uko bitangazwa na Brand Finance.

Iki kinyamakuru kivuga ko igihombo kizaturuka mu mafaranga yavaga mu bucuruzi bwa Barcelona, biteganyijwe ko buzagabanyukaho miliyoni 77 z’Amayero, ndetse no kugurisha imyenda y’abakinnyi n’ibindi bicuruzwa ku isoko bingana na miliyoni 43.

Igihombo kinini kuri Barça

Biteganijwe kandi ko miliyoni 17 z’inyongera zishobora kubura kubera amafaranga yinjiraga aturutse ku matike yagurishaga. Raporo ya Brand Finance Football 50 2021 ivuga ko Barcelona ari yo kipe ya kabiri ifite agaciro ku Isi, inyuma ya Real Madrid ibarirwa muri miliyari 1.276 z’Amayero.

“Kuba Messi yari muri Barça nta gushidikanya ko byafashije iyi kipe gukurura abafana, abafatabuguzi, abakinnyi beza, amasezerano y’ubucuruzi ndetse n’ibikombe, “ibi bikaba byavuzwe na Teresa de Lemus, umuyobozi wa Brand Finance Espagne.

Ngo kugenda kwe bishobora guhombya cyane iyi kipe kandi bikagabanya bikabije agaciro ku isoko, mu gihe byaba ikinyuranyo kuri PSG agiye kwerekezamo.

Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *